BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 16, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

sam
Last updated: July 16, 2025 10:06 am
sam
Share
SHARE

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri kwamagana igikorwa cyakozwe n’abasirikare barenga ijana bo mu mutwe urinda Umukuru w’Igihugu bitwikiriye ijoro bakigabiza ifamu ya Joseph Kabila iherereye ahitwa Kashamata i Lubumbashi ikaba umutungo munini we.

Amakuru avuga ko abo basirikare bazwi nk’Abajepe bagiye kuri uyu mutungo wa Kabila mu ijoro ryo ku ya 14 Nyakanga, bari mu modoka za gisirikare, ubundi bakirukana abari bashinzwe kuharindira umutekano n’abakozi baho.

Ni igikorwa cyamaganywe n’imiryango itari iya Leta iharanira Uburenganzira bwa muntu, aho uwitwa Justicia ASBL watangaje ko ibi byakozwe bihabanye n’amategeko.

Timothée Mbuya, Perezida w’uyu Muryango, yagize ati “Kugeza ubu nta rubanza rwigeze rucirwa Uwabaye Perezida Joseph Kabila. Ku bw’iyo mpamvu turibaza ubuyobozi bwaba bwatanze itegeko ryo kuvogera uyu mutungo bwite, ndetse n’impamvu yihishe inyuma y’iki gikorwa.”

Uyu muryango Justicia ASBL kandi uranenga uburyo inzego za Leta zaruciye zikarumira kuri iki gikorwa, unasaba ko hatangwa umucyo kuri cyo.

Mbuya yakomeje agira ati “Ibyabereye Kashamata birakomeye. Ni igikorwa cyakozwe mu buryo bwa gisirikare, cyacuriwe umugambi kandi gikorwa nta tegeko gishingiyeho. Biriya rero bishobora guteza akaga mu Gihugu kivuga ko kigendera ku mategeko.”

Kugeza ubu nta rwego yaba urwa gisirikare cyangwa urwa gisivile muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruragira icyo ruvuga kuri iki gikorwa.

Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu mu gihe cy’imyaka 18, ashinjwa gufasha Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi buriho buyobowe na Felix Tshisekedi wamusimbuye, ndetse akaba amaze iminsi ari mu bice bigenzurwa n’iri huriro, aho yatangaje ko yagiye gutanga umusanzu we mu gusubiza ku murongo iki Gihugu kiri mu kangaratete

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
Mu mahanga

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Mu mahanga

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?