BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Jul 22, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > DRC: Fayulu yagaragaje uko Tshisekedi yashatse guhunga ibiganiro byatangijwe na Kiliziya na Angilikani

DRC: Fayulu yagaragaje uko Tshisekedi yashatse guhunga ibiganiro byatangijwe na Kiliziya na Angilikani

sam
Last updated: July 21, 2025 1:51 pm
sam
Share
SHARE

Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko Félix Tshisekedi afite ubushake buke bwo kujya mu biganiro byatangijwe na Kiliziya Gatolika na Angilikani.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2025, abahagarariye Kiliziya Gatolika na Angilikani bazengurutse ibice byo muri RDC n’amahanga, batega amatwi abafite ibitekerezo by’uburyo amahoro n’umutekano byagaruka muri iki gihugu.

Basabye Leta gushyigikira iyi gahunda yiswe “Igihango cy’abaturage kiganisha RDC ku mahoro”, ikitabira ibiganiro biyihuza n’Abanye-Congo muri rusange kugira ngo bakemurire hamwe ibibazo bibabangamiye.

Tariki ya 5 Kamena Fayulu yahuye na Tshisekedi, amugaragariza ko ashyigikiye gahunda ya Kiliziya Gatolika na Angilikani, amusaba ko na we yayishyigikira, akanayitabira kugira ngo RDC isubire ku murongo mwiza.

Nyuma y’ukwezi n’igice agiranye na Tshisekedi ikiganiro, ku wa 20 Nyakanga Fayulu yasobanuye ko icyo gihe uyu Mukuru w’Igihugu yamubwiye ko ashaka ibiganiro ariko ko abashumba bo muri Kiliziya Gatolika ari bo bateza ibibazo.

Ntabwo Fayulu yasobanuye ibibazo aba bashumba bashinjwa guteza, gusa ikizwi ni uko mu mwaka ushize Tshisekedi yigeze gukangisha Arikiyepisikopi Gatolika wa Kinshasa, Cardinal Fridolin Ambongo, gukurikiranwa n’ubutabera, amuziza kugaragaza ko kuvuka kw’ihuriro AFC/M23 ari ingaruka z’ibibazo biri muri RDC.

Tshisekedi kandi yarakajwe n’uko abahagarariye Kiliziya Gatolika na Angilikani basuye umujyi wa Goma ugenzurwa na AFC/M23, bakaganira n’abayobozi b’iri huriro. Icyo gihe basobanuye ko ushaka gukemura ikibazo, adasiga abarebwa na cyo.

Fayulu yatangaje ko nyuma yo gutega amatwi Tshisekedi, yamusubije ko impamvu yatanze zidahagije ku buryo atashyigikira cyangwa ngo yitabire gahunda ya Kiliziya Gatolika na Angilikani.

Yagize ati “Félix Tshisekedi yambwiye ko ashaka ibiganiro ariko ko afite ikibazo, ko ari abashumba b’Abanya-Gatolika bateza ibibazo. Namubwiye ko impamvu yambwiye zidahagije ku buryo yakwanga gahunda y’abashumba.”

Uyu munyapolitiki yibukije ko Tshisekedi yashyizeho itsinda rikorana n’abahagarariye Kiliziya Gatolika na Angilikani kugira ngo baganire ku buryo iyi gahunda yanozwa, ariko ko kuba itarasubukurwa ari ikibazo.

Fayulu yagaragaje ko kuba iyi gahunda itarasubukurwa biri guterwa n’uko Tshisekedi yabanje gutegereza ibizava mu masezerano u Rwanda rwagiranye na RDC tariki ya 27 Kamena, n’ayo RDC izagirana n’ihuriro AFC/M23 mu gihe kiri imbere.

Ati “Ntekereza ko ashaka ibiganiro, ariko mvugishije ukuri, numva ko Félix Tshisekedi ategereje amasezerano ya Washington na Doha kugira ngo akomeze.”

Uyu munyapolitiki wemeye guhuza imbaraga na Tshisekedi yagaragaje ko we atabona amasezerano uyu Mukuru w’Igihugu ategereje nk’azazana igisubizo kirambye ku bibazo bya RDC, ahubwo ko hakenewe ibiganiro bihuza Abanye-Congo bose.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umugore yakanze imyanya y’ibanga y’umugabo we kugeza ivuyemo amaraso

Umugore w’imyaka 57 wo mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza,…

U Rwanda rugiye gushyira amarerero mu bigo bya Polisi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yatangaje ko hagiye gushyirwaho…

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

Mwitende Abdoulkarim wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Burikantu yatawe muri yombi,…

Loni yashyimye RDC na M23 basinye amasezerano aganisha ku mahoro

Nyuma y’isinywa ry’Ingingo z’Amahame y’Ubwumvikane hagati ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi…

Umudipolomate wa RDC afungiwe muri Bulgaria nyuma yo gufatanwa Cocaïne

Umudipolomate wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukorera mu Bubiligi n'abandi bantu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Kenya: Itabwa muri yombi ry’impirimbanyi yo muri Kenya ryazamuriye benshi uburakari

2 Min Read
Mu mahanga

Umudipolomate wa RDC afungiwe muri Bulgaria nyuma yo gufatanwa Cocaïne

1 Min Read
Mu mahanga

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

1 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?