BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > DRC: AFC/M23 yikuye mu biganiro byari kuyihuza leta ya Kinshasa i Luanda

DRC: AFC/M23 yikuye mu biganiro byari kuyihuza leta ya Kinshasa i Luanda

sam
Last updated: March 18, 2025 8:03 am
sam
Share
SHARE

AFC/M23 yatangaje ko yikuye mu biganiro byari bitegerejwe i Luanda muri Angola, byagombaga ku bahuza na Leta ya DR Congo kuri uyu wa 18 Werurwe, 2025.

Ni icyemezo AFC/M23 yavuze ko cyatewe n’ibihano byafatiwe abayobozi bayo ndetse igaragaza ko hari imiryango mpuzamahanga iri kubangamira inzira igamije kugarura amahoro binyuze mu biganiro.

AFC/M23 yavuze ko ibabajwe no kuba imwe mu miryango mpuzamahanga yiyemeje kubangamira imigendekere myiza y’ibyo biganiro bigamije gushakira amahoro RDC, kuko iyo myitwarire iha imbaraga ubutegetsi bwa Tshisekedi bukomeje gukoresha indege z’intambara mu kugaba ibitero kuri M23 no mu duce dutuwe cyane, bigahitana abaturage.

Abayobozi bo ku ruhande rwa M23 bafatiwe ibihano na EU barimo Bertrand Bisimwa usanzwe ari Perezida w’uriya mutwe, Col. John Imani Nzenze ukuriye ubutasi muri uyu mutwe, Jean Bosco Nzabonimpa Mupenzi ushinzwe imari n’umusaruro na Col. Bahati Erasto usanzwe ari Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru.

Impande zombi zagombaga guhurira i Luanda mu murwa mukuru wa Angola ejo ku wa Kabiri, mu biganiro bigamije gukemura ibibazo byatumye zisanga mu ntambara zirimo kuva mu Ugushyingo 2021.

M23 yabwiye amahanga ko Leta ya RDC ikomeje kugaba ibitero mu bice bitandukanye bituwe n’abaturage benshi no ku birindiro by’uyu mutwe ikoresheje indege z’intambara na drones zo mu bwoko bwa CH-4; ibiri mu byatumye ireka kwitabira ibiganiro.

Iti: “Mu bihe nk’ibi ibiganiro ntibyashoboka, ku bw’ibyo umuryango wacu ntugishoboye gukomeza kwitabira ibiganiro.”

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?