BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > DRC: Abazalendo bo muri Uvira barahiriye ko Generali Gasita ajyenda ari umurambo

DRC: Abazalendo bo muri Uvira barahiriye ko Generali Gasita ajyenda ari umurambo

sam
Last updated: September 4, 2025 10:06 am
sam
Share
SHARE

Uyu ni umunsi wa gatatu w’imyigaragambyo y’Abazalendo bo muri Uvira bamagana Gen Olivier Gasita Nzanirakuerira woherejwe na leta ya Kinshasa kuyobora ingabo za FARDC muri ibi bice bya Kivu y’Amajyepfo.

Kuri ubu izi Wazalendo nizo ziri kugenzura Uvira ndetse bamaze no gushiraho bariyeri ahitwa Kilomoni hagati ya Bujumbura na Uvira .

Abarwanyi ba Wazalendo bavuga ko bagomba gufunga imihanda, bahagarike ibikorwa byose byo muri Uvira kugeza Gen Gasita asubiye iyo yavuye.

Bamaramaje bashaka ko General Gasita ava muri Uvira agasubira i Kinshasa ngo bashoboye kwirindira umujyi.

Aba bazalendo bavuga ko badashaka ko abategetsi b’i Burundi bakandagira muri Uvira! Wazalendo bari kuvuga ko Abarundi baza bakiba imbunda n’amasasu hamwe ba Petrol bakabijyana mu gihugu cyabo.

Uyu Gen Gasita ni uwo mu bwoko bw’Abanyamulenge ufite inshingano mu gisirikare cya Leta ( FARDC), Abazalendo bamushinja kuba ariwe ntandaro yo gufatwa k’umujyi wa Bukavu kubera ko atarashoboye kuwurinda bityo ko badashaka ko na Uvira ifatwa kubera we .

Abo mu bwoko bw’Abanyamulenge bavuga ko nawe ari mu bagambanyi bashaka kumaraho no gutsemba ab’iwabo akoresheje ibitero bya Drones , afatanyije n’ingabo z’u Birundi , FDLR, Wazalendo n’imbonerakure.

Kugeza ubu Kinshasa yoherejeyo itsinda ry’abajenerali bo guhosha ibi bibazo ndetse n’ugomba gusimbura Gen Gasita ariko Abazalendo bavuze ko badashaka kubona FARDC muri Uvira bityo badashobora gutuma iri tsinda ryinjira muri uyu mujyi.

Tariki ya 25 Kanama, ihuriro ry’Abazalendo ryahagaritse umuhango wo gushyingura undi Munyamulenge wari ofisiye mu ngabo za RDC, Col Gisore Patrick, wayoboraga batayo y’ingabo muri teritwari ya Punia, intara ya Maniema, bitwaje ko bari gushakisha Abanyarwanda bacengeye igihugu cyabo.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

Fizi: Imitwe ibiri ya Wazalendo yasubiranyemo bane bahasiga ubuzima

1 Min Read
Umutekano

Gen Tshiwewe na bagenzi be babiri baba birukanwe mu gisirikare cya RDC?

1 Min Read
Umutekano

DRC: FARDC yongeye kwica agahenge ikoresheje Drones muri Walikare na Masisi

1 Min Read
Umutekano

Rutshuru: Wazalendo zagabye ibitero ku birindiro bya AFC/M23 muri Tongo

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?