BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > DRC: Abaganga bariye karungu nyuma y’uko mugenzi wabo atwitswe

DRC: Abaganga bariye karungu nyuma y’uko mugenzi wabo atwitswe

admin
Last updated: October 22, 2022 12:55 pm
admin
Share
SHARE

Abaganga b’i Beni muri Teritwari ya Beni batangaje ko bagiye kureka akazi bakirara mu mihanda bigaragambya kuri Leta bashinja kutabacungira umutekano nyuma y’urupfu rwa mugenzi wabo watwikiwe mu Bitaro kuwa kane ushize bikozwe n’Umutwe wa ADF.

Abaganga bahise bajya mu myigaragambyo

Abo baganga bavuga ko iyo myigaragambyo izatangira kuwa mbere tariki 24 Ukwakira ikazamara iminsi itatu bagamije kwerekana umubabaro batewe n’urupfu rwa mugenzi wabo watwikiwe mu kazi kuwa kane ushize bikozwe n’abarwanyi b’Umutwe wa ADF.

Mu nama yahuje abaganga 20 bo muri Teritwari ya Beni kuri uyu wa gatanu tariki 21 Ukwakira 2022, yemeje ko bagomba guhagarika akazi bagatangiza imyigaragambyo y’iminsi itatu guhera kuwa mbere kandi ko n’abandi bakora mu rwego rw’ubuzima nabo bazakomerezaho imyigaragambyo.

Inkuru dukesha Actualite.cd, ivuga ko Dr Godefroid Mbeho, uhagarariye Ihuriro ry’igihugu ry’abaganga muri Beni (SYNAMED) yemeje aya makuru.

Yagize ati “Murabizi neza ko Muganga Sylvie yatwitswe yumva ubwo yari mu kazi yaraye izamu. Ni ikintu tutakwirengagiza cyangwa ngo tukihanganire nk’abaganga b’i Beni kuko kitumvikana kandi nta kwezi kwari gushize duhamagariye ubuyobozi gufata ingamba zifatika zikamucungira umutekano nk’umuntu witangiraga muri ako gace.”

Muganga Mbeho yakomeje yemeza ko atari abaganga gusa bazakora imyigaragambyo ahubwo n’abandi bose bakora mu rwego rw’ubuzima bazayikomeza nyuma y’inama y’abaforomo iyitegura iteganyijwe mu cyumweru gitaha.

Urwego rw’ubuzima rwibasiwe n’igitero cyagabwe n’abarwanyi b’umutwe wa ADF kuwa kane ushize mu gace ka Maboya ku Kigo Nderabuzima cya Maboya umuganga n’umurwayi baratwikwa naho abandi bantu batanu nabo baricwa.

Yanditswe na Jean Claude BAZATSINDA

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • lg says:
    October 22, 2022 at 10:46 pm

    Ibyo ntacyo bibwiye Kisekedi ikibazo cye ni M23 niyo yabaye urwitwazo rwibitagenda
    muli Congo ntanumunsi umwe arayivuga kandi aliwo mutwe wamaze abanye Congo nyamara ntawe aravuga nalimwe M23 ntanuravuga ngo yishe abantu aha ahubwo nurwitwazo yabonye kubyunaniye byose

    Reply
  • lg says:
    October 22, 2022 at 10:46 pm

    Ibyo ntacyo bibwiye Kisekedi ikibazo cye ni M23 niyo yabaye urwitwazo rwibitagenda
    muli Congo ntanumunsi umwe arayivuga kandi aliwo mutwe wamaze abanye Congo nyamara ntawe aravuga nalimwe M23 ntanuravuga ngo yishe abantu aha ahubwo nurwitwazo yabonye kubyunaniye byose

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
Mu mahanga

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Mu mahanga

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?