BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

admin
Last updated: March 18, 2026 8:40 pm
admin
Share
SHARE

Abadepite bo ku rwego rw’intara muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) batangaje ko bamaze amezi umunani batabona imishahara yabo, ibintu bavuga ko byabashyize mu bibazo bikomeye by’imibereho.

Aba badepite bagaragaje ko bamwe muri bo bageze aho batangira gukangishwa kwirukanwa mu nzu babamo kubera kubura ubushobozi bwo kwishyura ubukode, mu gihe abandi bo bahatirwa kwishora mu madeni kugira ngo babashe kubaho umunsi ku wundi.

Ibi bibazo bije byiyongera ku buzima busanzwe bugoye aba badepite bahuriyeho n’abandi baturage bo muri ako gace, aho benshi bahindutse impunzi zo mu gihugu imbere nyuma y’uko umujyi wabo wigaruriwe n’umutwe wa AFC/M23 bo bagahunga.

Mu rwego rwo kugerageza gukemura iki kibazo cy’amafaranga, Leta ya Congo iherutse gutangaza ko iri gushaka inguzanyo ya miliyoni 50 z’amadolari ya Amerika, igamije kwishyura abakozi ba Leta barimo n’aba badepite. Icyakora, nubwo ayo makuru yatangajwe, benshi mu bakozi ba Leta baracyategereje igisubizo gifatika ku kibazo cyabo.

Abasesenguzi bagaragaza ko gutinda kwishyura abakozi ba Leta bishobora gukomeza kuzahaza imikorere y’inzego za Leta no kongera ibibazo by’imibereho mu bice byugarijwe n’umutekano muke, cyane cyane mu burasirazuba bwa RDC bumaze igihe mu bibazo by’intambara.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa rimwe mu matorero akomeye muri Amerika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Werurwe 2026, Perezida…

Umunsi w’Ilayidi wamenyekanye

Ubuyobozi bukuru bw’ Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko umunsi mukuru…

Imikono y’igikombe cy’Isi cyizanyuzwa no kuri YouTube 

Mu gihe benshi bagorwa no kureba imikino itandukanye yo hanze y’u Rwanda…

DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

Abadepite bo ku rwego rw’intara muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira…

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

1 Min Read
Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?