BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Dr. Rutunga “yazanye abajandarume muri ISAR bataje kwica” – Urubanza

Dr. Rutunga “yazanye abajandarume muri ISAR bataje kwica” – Urubanza

admin
Last updated: September 20, 2022 7:45 am
admin
Share
SHARE

Abunganizi mu mategeko ba Dr. Rutunga Venant bavuze ko inama yabaye yanzuye ko agomba kujya kuzana abajandarume, nyuma bakica Abatutsi atari byo bari bahamagariwe.

Dr Rutunga ahakana ibyaha aregwa byo kuba yaricishije Abatutsi bari muri ISAR aho yayoboraga

Ku rugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruri i Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda, aho rukomeje kuburanisha Dr Rutunga Venant, abunganizi be, Me SEBAZIGA Sophonia na mugenzi we Me NTAZIKA Nehemia ni bo bihariye umwanya mu iburanisha ryo kuri uyu wa 19 Nzeri 2022.

Me Sophonia yatangiye avuga ko abatangabuhamya bose bo ku ruhande rw’Ubushinjacyaha bavuguruzanya.

Avuga umwe kuri umwe yavuze ko icyo Dr. Rutunga Venant yakoze na we yiyemerera ko byari ukuzana abajandarume.

Me Sophonia yavuze ko nubwo abajandarume bazanwe na Dr. Rutunga nyuma bakica abatutsi atari cyo yari yabazaniye.

Me Sophonia yongeyeho ko umukiliya we yagiye kwa Perefe wa Perefegitura wa Butare (Slyvain) kumwaka abajandarume ngo baze kurinda umutekano w’ikigo cya ISAR Rubona ngo baze bacunge umutekano, ko atari abazaniye kwica abatutsi kandi amategeko yarabimwemereraga ngo kuko ari inama yari yabyanzuye kandi yari yitabiriwe n’Abahutu n’Abatutsi.

Bavuga ko abatutsi Ubushinjacyaha bwashinje Dr. Rutunga kugira uruhare mu iyicwa ryabo barimo Kalisa Epaphrodite, Jean Claude Munyengango, Ndamage George wari umukozi muri ISAR Rubona na Eng. Sebahutu André n’impunzi zo mu Gakera zari zahungiye muri ISAR Rubona, ngo ubuhamya bwatanzwe bushinja Rutunga butahabwa agaciro.

Barabishingira ko bamwe muri bo bumvise ibyo bavuze batabihagararaho, kandi bakaba nta bimenyetso bagaragaza by’ibyo bavuga.

Ikindi bariya banyamategeko bongeraho ni uko aho bariya Batutsi bishwe mu gihe cya Jenoside, abatangabuhamya banyuranya aho baba bariciwe.

Me SEBAZIGA Sophonia na mugenzi we Me NTAZIKA Nehemia bombi bakemeza imvugo z’abatangabuhamya bashinja Rutunga zidakwiye guhabwa agaciro.

Muri urubanza rwamaze amasaha atandatu, Dr. Rutunga kimwe n’Ubushinjacyaha nta mwanya bagenewe ahubwo wihariwe na bariya banyamategeko.

Dr.Rutunga Venant wahoze ari Umuyobozi muri ISAR Rubona ubu yabaye RAB mu cyahoze ari Purefigitura ya Butare, ubu ni mu karere ka Huye mu Majyepfo y’igihugu, aregwa ibyaha bitatu: Icyaha cya Jenoside, icy’ubufatanyacyaha muri Jenoside, no Kurimbura nk’icyaha kibasiye inyoko muntu.

Ibyaha byose uregwa arabihakana.

Yoherejwe mu Rwanda n’igihugu cy’Ubuholandi ubu afungiye muri gereza ya Mpanga, ntagihundutse iburanisha rizasubukurwa ku wa 17 z’ukwezi kwa 10 uyu mwaka wa 2022.

Dr. Rutunga yasabye kurenganurwa “ngo nta bikoresho byo kwica Abatutsi yatanze”

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?