BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Dr. Rutunga yasubiye imbere y’Urukiko, abamwunganira basaba ko agirwa umwere

Dr. Rutunga yasubiye imbere y’Urukiko, abamwunganira basaba ko agirwa umwere

admin
Last updated: October 17, 2022 8:23 pm
admin
Share
SHARE

Abunganira Dr. Rutunga Venant barasaba urukiko rumuburanisha kumugira umwere ku byaha bya Jenoside aregwa.

Dr Rutunga Venant ashinjwa kugira uruhare muri Jenoside cyane muri ISAR Rubona aho yakoraga

Uru rubanza rwari kuba saa mbiri n’igice z’igitondo (8h30 a.m) ariko rwaje gushyirwa saa saba z’igicamunsi (13h00) biturutse ku kibazo cy’imodoka y’ubushinjacyaha yapfiriye mu nzira.

Antoine Muhima ukuriye inteko iburanisha yahise aha umwanya Me Ntazika Nehemia wunganira Dr. Rutunga ngo yiregura ku byaha ubushinjacyaha burega umukiliya we.

Me Nehemia asobanura icyaha cy’Ubufatanyacyaha burega Dr.Rutunga, yavuze ko buvuga ko yatangaga amabwiriza yo gutanga ibikoresho byo kwica abatutsi bari muri ISAR Rubona, avuga ko umukiliya we atari kuba gatozi icyarimwe ngo anabe umufatanyacyaha.

Me Nehemia avuga ko nubwo ubushinjacyaha burega Dr.Rutunga ko yagiye kuzana abajandarume bishe abatutsi bakoraga muri ISAR Rubona, n’impunzi zo mu nkambi ya Gakera, atari cyo yari abazaniye ko ahubwo yari abazaniye kurinda ikigo bivuye mu myanzuro y’inama yari yakoranye n’umuyobozi mukuru w’ikigo w’icyo gihe, Charles Ndereyehe n’abandi.

Mu magambo ya Me Nehemia ati “Iyo Dr. Rutunga agira ububasha ntiyari gukorana inama n’abayobozi, yari kuzana abajandarume nta we bagiye inama.”

Me Nehemia ahakana ko Dr. Rutunga atijeje ibihembo birimo ikimasa Interahamwe zicaga abatutsi, ngo abishingira kuba Dr. Rutunga nta bukangurambaga yigeze akora bwo kwica abatutsi.

Me Nehemia kandi avuga ku cyaha cyo kurimbura nk’icyaha kibasiye inyoko muntu, abatangabuhamya b’ubushinjacyaha bavuguruzanya.

Ati “Ubushinjacyaha ntibugaragaza uruhare Dr.Rutunga yagize.”

Yavuze ko Dr.Rutunga inama yitabiriye nta ruhare yagize muri izo nama.

Me Nehemia yavuze ko ibyaha Dr.Rutunga aregwa ubushinjacyaha bugaragaza ibyo bwita ibimenyetso bimwe.

Ati “Dr.Rutunga iyo aregwa icyaha kimwe byari kuba bihagije.”

Me Nehemia wihariye umwanya munini mu iburanisha rya none, yavuze ko bamaze gusesengura ibyo uregwa ashinjwa basanga bitamuhama.

Ashingira ku bimenyetso byatanzwe, abatangabuhamya avuga ko bavuguruzanya bigatera gushidikanya, yisunze ingingo z’amategeko asaba urukiko kugira umukiliya we umwere.

Dr.Rutunga ahawe ijambo yasabye urukiko kuzasuzuma neza niba Ubushinjacyaha ntaho bwica ingingo zitandukanye z’itegeko nshinga.

Ati “Urukiko ruzarebe niba ubushinjacyaha nta mategeko bwishe.”

Dr. Rutunga Venant uri kuburanira mu rugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruri i Nyanza, mu Majyepfo y’u Rwanda, yoherejwe n’igihugu cy’Ubuhorandi.

Aregwa ibyaha bitatu birimo icya Jenoside, icy’ubufatanyacyaha muri Jenoside no kurimbura nk’icyaha kibasiye inyoko muntu. Ibyaha byose arabihakana.

Ubu afungiye muri gereza ya Mpanga, yahoze ari umuyobozi muri ISAR Rubona mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare ubu yabaye RAB iri mu karere ka Huye.

Niba nta gihindutse Dr.Rutunga w’imyaka 73 arakomeza kuburana kuri uyu wa kabiri taliki 18 Ukwakira, 2022.

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Ubutabera

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

2 Min Read
Ubutabera

Djihad akurikiranyweho ibyaha 9

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?