BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Minisitiri w’Intebe yasabye abayobozi b’ibigo gucunga neza umutungo

Minisitiri w’Intebe yasabye abayobozi b’ibigo gucunga neza umutungo

admin
Last updated: November 2, 2022 2:01 pm
admin
Share
SHARE

 Minisitiri w’Intebe,Dr Edouard Ngirente,yasabye abayobozi b’ibigo by’amashuri gucunga neza umutungo, birinda ubujura bw’ibikoresho no  gucunga nabi abakozi.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yasabye ko ubumenyi bwajyana n’uburere

Ibi yabigarutseho ubwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Ugushyingo 2022, uRwanda rwizihizaga umunsi mpuzamahanga wa Mwarimu.

Mu butumwa yatambukije mu izina ry’Umukuru w’Igihugu,Perezida Paul Kagame,  Minisitiri w’Intebe Dr,Edouard, yavuze ko abarimu bashimirwa uruhare rwabo mu iterambere ry’igihugu, ashimangira ko guverinoma y’uRwanda ishyigikiye umwuga bakora.

Dr Edouard Ngirente  yasabye abarimu gutanga uburezi n’uburere bubereye umunyarwanda.

Yagize ati “Aha icyo dusaba mwarimu hari ugutanga uburezi burimo siyansi zose zigishwa ariko hari no gutanga uburere butuma umwana w’umunyarwanda  akurana uburere bwiza, imyitwarire ituma tuba abo turibo, tugakorera igihugu cyacu.”

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente  yasabye abayobozi b’ibigo kwirinda amakosa baharanira gucunga neza umutungo n’abakozi bashinzwe.

Yagize ati “Ikindi gisabawa abayobozi b’ibigo  n’abarimu kenshi bafasha, ni imicungire myiza y’umutungo w’ishuri. Ibitabo by’ishuri muhabwa  nk’imfashanyigisho mureke bifatwe neza, bibikwe neza kugira ngo bifashe abari mu ishuri uyu munsi n’abazaba baririmo ejo.”

Yakomeje agira ati”Hanyuma ikindi   za mudasobwa twumva kumashuri ze kwibwa. Umutungo w’ishuri  nawo ucungwe neza.Uko leta igenda yohereza amafaranga mu turere  mu mashuri, mudufashe kugira ngo acungwe neza, abayobozi b’ibigo be kuzahanwa bazira gucunga nabi , ahubwo tuzahure hano dushimwa ko twacunze neza umutungo dushinzwe n’abakozi dushinzwe.”

Minisitiri w’Intebe,Dr Edouard Ngirente yibukije abarezi kurangwa  n’umurava batanga uburezi  bushingiye ku bumenyi nka kimwe mu cyerezekezo guverinoma yihaye, bakora ubushakashatsi , abasaba kurangwa n’imyitwarire iboneye.

Minisitiri w’Intebe abigarutseho mu gihe kuwa 23 Ukwakiara 2022, Guverinoma y’u Rwanda yafunze by’agateganyo IPRC Kigali mu gihe cy’ibyumweru bibiri, kugira ngo hakorwe iperere ku bujura n’imyitwarire mibi yo kwiha umutungo rusange wa Leta.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?