BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Dr Habineza yeruye ko atahaswe gusaba imbabazi kuby’ibiganiro n’abarwanya Leta y’u Rwanda

Dr Habineza yeruye ko atahaswe gusaba imbabazi kuby’ibiganiro n’abarwanya Leta y’u Rwanda

admin
Last updated: September 30, 2022 8:24 pm
admin
Share
SHARE
Umuyobozi w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije Green Party, Dr Frank Habineza, yatangaje ko mu gusaba Imbabazi kw’ishyaka rye nyuma yo gusaba ko imitwe irwanya Leta yajya mu biganiro n’u Rwanda nta gitutu yashyizweho n’uwo ari we wese.
Dr Frank Habineza avuga ko nta wamuhatiye gusaba imbabazi ku magambo aherutse gutangaza

Muri  Kanama uyu mwaka, Dr Frank Habineza yatangaje ko ishyaka rye risaba ko Leta  y’u Rwanda ikwiriye kuganira n’imitwe irwanya Leta havuyemo abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, mu rwego rwo gusigasira amahoro.

Icyo gihe yatangaje ko ari bimwe mu bikubiye mu ngingo ziri mu migabo n’imigambi bari bihaye mu 2017.

Ni ibintu bitanyuze abantu batandukanye ndetse bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bibasira uyu mugabo bavuga ko ari mu bashyigikiye imitwe yitwaje intwaro igamije kugirira nabi u Rwanda.

Mu itangazo Ishyaka riyobowe na Depite Dr Frank Habineza bashyize hanze kuwa 29 Nzeri uyu mwaka, basobanura ko iri shyaka ritagamije inabi.

Rigira riti “Ntabwo Ishyaka DGPR ryari rigamije inabi ku Banyarwanda, ahubwo twari ku ihame dusanganwe ryo gushimangira amahoro n’umutekano birambye biciye mu nzira y’ibiganiro.”

Rikomeza rigira riti“Ubutumwa bw’Ishyaka DGPR bwari bugamije gushimangira umurongo w’igihugu w’ibiganiro ku Banyarwanda bose hagamijwe amahoro, ubumwe n’ubwiyunge.”

Muri iryo tangazo rivuga ko basabye mbabazi Abanyarwanda ko batari bagamije inabi ndetse biteguye kuhindura mu bikubiye mu migabo n’imigambi yabo.

Dr Frank yeruye ko batahaswe gusaba Imbabazi…

Mu kiganiro yahaye UMUSEKE kuri uyu wa 30 Nzeri 2022, Dr Frank Habineza yavuze ibi byakozwe nyuma yo kubona ko hari bamwe byakomerekeje.

Yagize ati “Abantu benshi babyakiriye nabi, baratwamagana, abandi bazana amafoto atariyo, bigaragara ko abantu batabyakiriye neza, niyo mpamvu twafashe umwanzuro wo gusobanura neza mu buryo bwimbitse, ko tutari tugamije inabi ku Banyarwanda ahubwo twari tugamije gusobanura Politiki y’Amahor.”

Yashimangiye ko nta muntu wabahatiye gusaba imbabazi ahubwo ko byakozwe nyuma y’impaka zagaragaye mu Banyarwanda batandukanye.

Yagize ati” Twasabye imbabazi Abanyarwanda bose bakomerekejwe n’ibyo twatangaje, icyo twemera ikosa twakoze ntabwo twabisobanuye neza, kuko iyo tubisobanura nk’uko twabisobanuye ubu , izo mpaka ntabwo zari kubaho kandi twizera y’uko muri Manifesto yindi tuzabikosora neza.”

Yakomeje agira ati“Abantu baravuga ibintu byinshi bitandukanye ariko badushimira y’uko twakuyeho urujijo.Nta rujijo rugihari, byasobanutse, hari kuvuga ibindi, ni ibintu twakoze ku bushake bwacu nyuma yo kubona ko abantu batandukanye batabyishimiye.”

Dr Frank yatangaje ko ibi byakozwe kandi byaganiriweho mu nama nyungurana bitekerezo y’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda.

TUYISHIMIYE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • John says:
    October 1, 2022 at 8:07 am

    Ivuzivuzi gusa!

    Ubundi se uyu yashakaga ko haganirwa ku biki?
    We ko yahunze agahunguka ninde baganiriye?🤐🤔

    Reply
  • John says:
    October 1, 2022 at 8:07 am

    Ivuzivuzi gusa!

    Ubundi se uyu yashakaga ko haganirwa ku biki?
    We ko yahunze agahunguka ninde baganiriye?🤐🤔

    Reply
  • shema says:
    October 1, 2022 at 10:20 am

    iyo uvuga ibyo udahagazeho ukosora ibyo
    udafitiye amakuru
    jya ubanza usobanuze cg…………..

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?