Nyuma y’uko intumwa za DR Congo n’u Rwanda zongeye guhurira ku meza y’ibiganiro i Luanda muri Angola ku wa gatandatu 14 Nzeri 2024 kugira ngo basesengure raporo y’inzobere bashyikirijwe ikubiyemo ibirimo ikibazo cy’isenywa ry’umutwe wa FDLR, Congo isa naho yamaze kwitandukanya n’uwo mugambi.
Biravugwa ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Wagner, yaba yateye utwatsi gahunda yo gusenya umutwe wa FDLR nk’umwe mu nyanzuro abakuriye ubutasi bw’u Rwanda, Congo na Angola baherukaga kwemeranyaho.
Iyi nama ya ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga yo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize yabaye nyuma y’iyo abakuriye inzego z’ubutasi bahuriyemo i Rubavu hagati y’itariki ya 29 n’iya 30 Kanama.
Gahunda yo gusenya umutwe witwaje intwaro wa FDLR iri mu ngingo zimaze igihe ziganirwaho, ndetse amakuru avuga ko abakuru b’ubutasi bamaze kwemeranya uko Congo, u Rwanda na Angola bazafatanya gusenya uyu mutwe.
Kugeza ubu nta myanzuro y’ibyo ba Minisitiri b’Ububanyi banzuriye i Luanda irajya hanze.
Amakuru aturuka i Luanda icyakora avuga ko “Minisitiri Thérèse Wagner yateye utwatsi gahunda yo gusenya FDLR , mu gihe yari yaremejejwe n’abakuriye ubutasi bwa gisirikare ubwo bari i Rubavu ku wa 29 no ku wa 30 Kanama”.
Minisitiri Wagner kandi ngo yamaganiye kure ibyo kuba igihugu cye cyajya mu mishyikirano n’umutwe wa M23.
Kugeza ubu ntiharamenyekana impamvu Kinshasa yahisemo gutera utwatsi gahunda yo gusenya FDLR, umutwe Leta y’u Rwanda yakunze kugaragaza nk’intandaro y’umwuka mubi uri hagati yarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Raporo zitandukanye z’impuguke za Loni zemeza ko FDLR ifatanya na FARD mu ntambara Igisirikare cya Congo gihanganyemo n’umutwe wa M23.
Abakurikiranira hafi ibyo muri Congo kandi bemeza ko uyu mutwe ushyigikiwe n’abasirikare bakuru muri iki gihugu, by’umwihariko Général-Major Peter Nkuba Cirimwami uyobora Intara ya Kivu y’Amajyaruguru; ibyo bafata nk’imbogamizi muri gahunda yo kuwusenya.