BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 19, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Minisitiri muto muri Guverinoma yasezeranye imbere y’Amategeko

Minisitiri muto muri Guverinoma yasezeranye imbere y’Amategeko

admin
Last updated: December 22, 2022 2:00 am
admin
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera yasezeranye imbere y’amategeko n’umukobwa bamaze igihe bakundana.

Dr Butera umunyamabanga wa leta muri MINISANTE yarongoye

Ku manywa yo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Ukuboza 2022, nibwo Dr. Butera yasezeranye imbere y’amategeko na Diana Kamili, mu birori byitabiriwe na bamwe  bo mu miryango yabo.

Umukunzi wa Dr Butera asanzwe ari umuhanga mu bijyanye n’ikoranabuhanga cyane ko ari umukozi muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo.

Aba bombi basezeraniye mu Karere ka Nyarugenge aho umuhango wo kwemeranya kubana akaramata wabereye mu Biro by’Umujyi wa Kigali.

Biteganyijwe ko gusezeranira imbere y’Imana bizaba mu mpera z’iki cyumweru.

Dr Butera wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisante mu mpera z’Ugushyingo uyu mwaka, ni we muto mu Baminitiri, bagize Guverinoma y’u Rwanda, yavutse mu 1990.

Ba Minisitiri bashya basabwe kutiremereza mu nshingano bahawe

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • bukeye says:
    December 22, 2022 at 12:52 pm

    Mbega byiza cyane!!! Ni imigisha gusa.Bazabyare Hungu na Kobwa.Ibintu bidushimisha cyane kurusha ibindi Imana yaduhaye,ni Ubukwe no Kubyara.Byombi ni IMPANO y’Imana.Gusa tugomba kwibuka ko Imana ariyo iduha “umukwe n’umugeni” (groom and bride).Ishaka ko Umugore n’Umugabo “baba umubiri umwe” nkuko Intangiriro 2,umurongo wa 24 havuga.Ikibabaje nuko ababyubahiriza aribo bake.Couples nyinshi zicana inyuma,bararwana,bagatandukana,ndetse bakicana.Hali n’ababeshya ko Imana ibemerera gushaka abagore benshi,nyamara Gutegeka kwa kabiri 17,umurongo wa 17 Imana ibitubuza.Niba dushaka kuzabaho iteka muli paradizo,tugomba kumvira Imana muli byose,harimo no kubana neza n’uwo twashakanye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa rimwe mu matorero akomeye muri Amerika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Werurwe 2026, Perezida…

Umunsi w’Ilayidi wamenyekanye

Ubuyobozi bukuru bw’ Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko umunsi mukuru…

Imikono y’igikombe cy’Isi cyizanyuzwa no kuri YouTube 

Mu gihe benshi bagorwa no kureba imikino itandukanye yo hanze y’u Rwanda…

DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

Abadepite bo ku rwego rw’intara muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira…

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?