BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Diamond ategerejwe mu gitaramo gikomeye i Kigali

Diamond ategerejwe mu gitaramo gikomeye i Kigali

admin
Last updated: November 22, 2022 5:51 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanzi wo muri Tanzania, Nasibu Abdul Juma uzwi nka Diamond Platnumz agiye kongera gutaramira mu Rwanda mu gitaramo cya People Concert giteganyijwe kuwa 23 Ukuboza 2022.

Diamond Platnumz ategerejwe i Kigali

Diamond waherukaga gutaramira i Kigali mu 2019, ubwo hasozagwa iserukiramuco rya rya Iwacu Muzika Festival, yongeye gutumirwa mu gitaramo cyateguwe na East Gold Entertainment ifatanyije na Skol.

Nta byinshi biramenyekana kuri iki gitaramo haba aho kizabera, ibiciro by’amatike n’abandi bahanzi bazasusurutsa abanyarwanda bitegura Noheli mur iki gitaramo cyiswe One People Concert.

Gusa Skol Rwanda ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo nka Instagram yasabye abantu guhatanira itike ya VVIP ku muntu ufora umuhanzi baciye amarenga kuri iyi nteguza y’iki gitaramo, gusa amakuru ahari nuko Diamond Platnumz ariwe ugomba kuba asusurutsa abatuye Kigali.

East Gold Entertainment niyo iherutse gutumira umunyarwanda The Ben usigaye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu gitaramo cyabereye muri BK Arena, igitaramo cya Rwanda Rebirth Concert.

Muri ibi bihe bisoza umwaka, abatuye Kigali bakaba bazaryoherwa n’ibirori binyuranye, aho bazasusurutswa n’ibyamamare biturutse hanze y’u Rwanda. Urugero rwa hafi ni Joeboy wo muri Nigeria, ugomba gususuruta abanyamujyi kuwa 3 Ukuboza muri BK Arena mu gitaramo cya Kigali Fiesta.

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?