BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > David Lammy w’Ubwongereza yavuganye na Paul Kagame ashima intambwe yatewe

David Lammy w’Ubwongereza yavuganye na Paul Kagame ashima intambwe yatewe

sam
Last updated: July 10, 2025 8:50 am
sam
Share
SHARE

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubwongereza David Lammy yatangaje ko yavuganye na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda mu gushima intambwe yatewe y’amasezerano y’amahoro hagati yarwo na DR Congo no gushimangira ko bikenewe ko ashyirwa mu bikorwa n’impande zose.

David Lammy yavuze ko ayo masezerano y’amahoro hamwe n’ibiganiro hagati ya M23 na DRC muri Qatar, bitanga amahirwe ku mahoro arambye n’iterambere mu karere.

Mu kwezi kwa Gashyantare uyu mwaka, Lammy yagiriye uruzinduko  i Kinshasa n’i Kigali abonana na ba perezida b’ibihugu byombi mu muhate w’Ubwongereza wo gushakisha amahoro.

Muri uko kwezi Ubwongereza bwari bwatangaje urutonde rw’ibihano bugiye gufatira u Rwanda mu gihe hadatewe “intambwe igaragara” mu byo busaba harimo “kuvana ingabo z’u Rwanda ku butaka bwa DR Congo”.

Perezida Paul Kagame mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru yavuze  ko hari ibindi bihugu byagerageje umuhate wo gushakira umuti ikibazo cy’amakimbirane ariko ntibabigeraho, ashima ko ubutegetsi bwa Perezida Trump ari bwo bwagize icyo bugeraho.

Mu gihe umuhate w’Ubutegetsi bwa Trump n’ubwa Qatar ukomeje gushimwa, byitezwe ko ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa DR Congo bahurira i Washington, nk’intambwe ya nyuma yo gushimangira ariya masezerano.

Ku wa gatatu, Perezida Donald Trump yavuze ko atekereza ko “mubyumweru bicye biri imbere bazaza gushyira umukono  ku masezerano ya nyuma y’amahoro”.

Ubu, benshi biteze kureba ishyirwa mu bikorwa ry’aya ya Washington, n’ayandi ashobora kugerwaho hagati ya Kinshasa na M23 mu biganiro birimo kubera i Doha muri Qatar, ibiganiro no mu mezi ashize byaranzwe no kubera mu ibanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

RDF yashimiye abasirikare batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

4 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Iby’ingenzi wamenya kuri minisitiri w’intebe mushya

4 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Dr. Justin Nsengiyumva yagize minisitiri w’intebe

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Loni yashyimye RDC na M23 basinye amasezerano aganisha ku mahoro

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?