BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Congo yerekanye abantu 4 “ishinja kuba intasi z’u Rwanda”

Congo yerekanye abantu 4 “ishinja kuba intasi z’u Rwanda”

admin
Last updated: December 28, 2022 12:39 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri  w’Umutekano wungirije muri Congo, ari kumwe n’Umuvugizi w’igisirikare cya kiriya gihugu, banyujije ubutumwa kuri Televiziyo ya Leta, berekana abantu bane barimo Abanyarwanda babiri bashinja kuba intasi z’u Rwanda.

Congo ivuga ko aba bantu ari intasi z’u Rwanda

Minisitiri w’Umutekano wungirije Jean-Claude Molipe yari kumwe n’Umuvugizi wa FARDC, Gen Sylvain Ekenge.

Aberekwanwe barimo uwitwa NSHIMIYIMANA BISERUKA Juvénal, uyu imyirondoro ye igaragaza ko yavutse mu mwaka wa 1964, akaba ari Umunyarwanda wubatse.

Undi yitwa MUROKORE MUSHABE Moses, imyirondoro igaragaza ko afite imyaka 33, ndetse ngo muri mudasobwa ye habonetsemo amafoto yambaye imyambaro ya gisirikare y’u Rwanda.

Aba bombi bashinjwa ibyaha by’Ubutasi, kuri Mshimiyimana hiyongeraho gukoresha nabi icyizere, kugumura abasirikare na Ruswa.

Hari n’abandi bafite ubwenegihugu bwa Congo, ari bo NGANJI NSENGIYUMWA Remy alias Djuma, imyirondoro ye igaragaza ko afite imyaka 42 y’amavuko.

Urubuga rwo muri Congo, politico.cd ruvuga ko Nsengiyumva afite ubwenegihugu bwa Congo, ibyangombw abye bigaragaza ko ari uwo mu muryango w’Aba- Hunde, gusa ngo avuga Ikinyarwanda.

Mu myirondoro ye bigaragara ko yavukiye i Goma, ariko mu bindi byangombwa yafatanywe bikagaragaza ko yavukiye i Uvira, ndetse akagira ibyangombwa by’impunzi z’Abarundi byatangiwe muri Uganda.

Uyu na we ashinjwa kuba intasi.

Colonel MUGISHA RUYUMBU Santos na we w’imyaka 42 ni umusirikare mu ngabo za Congo. We ashinjwa ubugambanyi, no kurenga ku mategeko ya gisirikare.

Inzego z’ubuyobozi muri Congo, zivuga ko bariya bantu bari bihishe mu bikorwa by’umuryango ukora ibikorwa by’ubugiraneza, witwa “African Health Development Organization, AHDO”.

Congo ivuga ko bafatiwe i Kinshasa ndetse hakaba hashakishwa n’abandi bakoranaga harimo Abasirikare bafite amapeti yo hejuru mu ngabo za Congo.

Mu ijambo Umuvugizi wa FARDC yavuze yerekana bariya bantu ku wa Kabiri, yagize ati “Izo ntasi ntabwo zatase kuga Abasirikare bakuru ba FARDC, zanatataga abanyepolitiki bakuru, abacuruzi bakomeye, n’abantu bo mu miryango itari iya Leta.”

Yavuze ko “telefoni n’umwe muri bariya w’umusrikare yagenzuwe n’abakora iperereza basanga yabashije kunjira mu mbuga z’ingenzi (stratégiques) z’i Kinshasa, ku bufatanye na bamwe mu basirikare bakuru ba FARDC.”

Uriya muryango witwa African Health Development Organization, AHDO wakoreraga ahitwa Kwango, Kwilu, Kasaï, muri Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.

Jean-Claude Molipe, Minisitiri wungirije w’Umutekano mu gihugu, yagize ati “Kuba izi ntasi zari zifite ubutaka buhagije hafi y’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya N’djili (Kinshasa), no hafi y’ikigo cya gisirikare cya Kibomango, barimo bategura umugambi mubisha usa n’uwatumye habaho iyicwa rya Perezida Juvénal Habyarimana (wategetse u Rwanda), na mugenzi we w’u Burundi (Cyprien Ntaryamira).”

UMUSEKE uracyagerageza gushakisha icyo u Rwanda ruvuga kuri ibi birego bishya.

Hari hashize iminsi urubuga Africa Intelligence rwanditse ko hari Abanyarwanda bafunzwe n’inzego z’umutekano muri Congo ku mpamvu z’ubutasi, gusa rukavuga ko u Rwanda rwahakanye ibyo birego.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Pingback: U Rwanda  rwashwishurije Congo ibyo gushaka guhanura indege ya Tshisekedi – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?