BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Congo yaguze intwaro habura uwemera kuzibatwarira

Congo yaguze intwaro habura uwemera kuzibatwarira

admin
Last updated: November 13, 2022 11:04 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo, akaba na Visi Minisitiri w’Intebe, Christophe Lutundula yamaganye icyo yita ikumirwa ku kugura intwaro ritagira aho ryanditse.

Christophe Lutundula Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo

Mu kiganiro n’Abanyamakuru, hari umwe wamubajije gusobanura ibihano icyo gihugu cyafatiwe mu bijyanye no kugura intwaro.

Christophe Lutundula, yasabye ko Akanama k’Umutekano ka UN gakwiye gukuraho icyemezo cy’uko abagurisha Congo intwaro bagomba kubimenyesha UN.

Ati “Ni akarengane kadakwiye kwemerwa. Ni ikumirwa (embargo) ridafite izina, ntabwo tubikeneye.”

Kuva mu mwaka wa 2008, Guverinoma ya Congo yari yakuriweho ibihano biyibuza kugura intwaro.

Gusa, ubu uyigurisha intwaro asabwa kubimenyesha Akanama ka UN gashinzwe umutekano ku isi.

Ku bwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo, ibyo ngo bibuza Guverinoma kugura mu buryo bworoshye intwaro ikeneye.

Yatanze urugero ruheruka kuba, ati “Hari ibyabayeho ubu, haguzwe ibikoresho bya gisirikare, ndetse byari mu nzira biza ino (muri Congo), ariko bigeze mu nzira, uwari ubitwaye aravuga ngo oya, ntabwo bishobora kujya muri Congo.”

Yavuze ko hari banki, abatwara ibintu, ndetse n’abakora intwaro batifuza kugirana amasezerano na Congo.

Ati “Baravuga ngo muri ku rutonde rw’umukara (ntimwemerewe). Nta we ushaka kugirana ibibazo n’Umuryango w’Abibumbye.”

Muri iki cyumweru, intumwa z’abagize komite ishinzwe ibihano mu Kanama k’umutekano ka UN bari i Kinshasa.

Michel- Xavier Biang, ukomoka muri Gabon akaba ari Perezida w’ako kanama gashinzwe ibihano, yagiranye ibiganiro na Perezida wa Sena muri Congo, Modeste Bahati, amubwira ko imitwe yitwaje intwaro ari yo yafatiwe ibihano byo kugura intwaro.

Yavuze ko Guverinoma ya Congo ubu yakomorewe mu bijyanye no kuba yagura intwaro.

Infos.cd

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?