Christian Malanga Musumari , ukomeje kwibazwaho n’ibitangazamakuru bitandukanye wagaragaweho ko ari we wari uyoboye igitero cyo guhirika ubutegetsi bwa perezida wa Congo Tshisekedi, cyabaye mu rukerera rwo ku cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024.
Christian Malanga Musumari ni umunye-Congo wavutse tariki 2 Gashyantare 1983, yahoze ari Kapiteni mu ngabo za Rebuburika iharanira Demokarasi ya Congo.
Christian Malanga Musumari kuri ubu wabaga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu mwaka wa 2010 yashinze ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo UCP (United Congolese party) .
Muri 2017 yashinze icyo yise leta y’ubuhungiro ifite icyicaro mu Bubiligi.
Mu mwaka wa 2011 Malanga yatawe muri yombi ubwo shakaga kwiyamamariza umwanya w’umudepite binyuze mu ishyaka rye UCP.
Kuri ubu amakuru aturuka ku mashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga ya bamwe mu bagabye iki gitero cyo guhirika ubutegetsi bwa Congo agaragaza baryamye hasi harimo abapfuye, bivugwa ko na Christian Malanga Musumari yaba abari muri abo bapfuye.