BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Chorale Saint Paul igiye gukora igitaramo cy’amateka i Kigali

Chorale Saint Paul igiye gukora igitaramo cy’amateka i Kigali

admin
Last updated: October 19, 2022 12:02 pm
admin
Share
SHARE

Imwe mu makorari imaze igihe ivutse mu Rwanda igiye gukora igitaramo gikomeye muri Kigali Conference and Exhbition Village ahazwi nka Camp Kigali ku wa 11 Ukuboza 2022 mu gufasha abantu kwinjira mu minsi mikuru bayobowe n’Imana.

Chorare Saint Paul yo mur Paroisse ya Kicukiro ifite u buhanga budasnzwe mu muziki wa “Classic”

Chorale Saint Paul yavutse muri 2009 ku gitekerezo cya Padiri Eric Nzabamwita wari Padiri Mukuru wa Paroisse St Jean Bosco Kicukiro, ikaba ifite intego yo gufasha aba Kristu gusingiza Imana ibinyujije mu ndirimbo.

Iyi Chorale ifite umwihariko w’ubuhanga budasanzwe mu muziki wa “Classic” ukunda kwandikwa mu manota, ugasomwa mu manota ukanaririmbwa mu majwi ahanitse.

Izwi mu ndirimbo yahimbiye ikipe ya Rayon Sports, Gasogi United, APR Fc, izirimo “Umubyeyi Uturutira abandi”, “Rwanda horana ibyiza” n’izindi zitandukanye.

Umuyobozi w’iyi korari Nizeyimana Nyituriki Denis yabwiye UMUSEKE ko bagiye gukora igitaramo cy’amateka yo kuririmbira abakunzi babo indirimbo zihimbaza Imana zinogeye amatwi za gihanga ndetse no kwidagadura.

Avuga kandi ko abantu b’ingeri zitandukanye bazitabira iki gitaramo bazasusurutswa mu ndirimbo zigezweho cyane mu Rwanda ndetse na Karahanyuze.

Ati “Uburyo tuzidagaduramo bunyuranye n’ahandi, buri wese uzazamo azaze yiteguye kubyina kandi azaze yiteguye kubona abaririmbyi bafite impano atari yabona na rimwe yaba muri iki gihugu n’ahandi.”

Nzeyimana avuga ko muri iki gitaramo bateguye ababyinnyi b’umuziki wa Classic bitamenyerewe mu Rwanda kuko bisanzwe bifite umwihariko i Burayi.

Avuga ko bazaririmba indirimbo zabo ndetse n’izamamaye mu mahanga kandi zakoze amateka aho zizaririmbwa mu mwimerere wazo.

Ati “Turifuza kandi tuzishimira kuzabona abakunzi bacu turi kumwe turi kubataramira, ntabwo twakwishimira kwihererana ibyo byishimo.”

Iki gitaramo kije gikurikira ibindi Chorale Saint Paul yakoze nyuma y’igenza gacye ry’icyorezo cya Covid-19 cyari cyarahungabanyije Isi muri rusange.

Kwinjira muri iki gitaramo cy’amateka ahasanzwe azaba ari 5000 Frw muri VIP ni ibihumbi 10 y’u Rwanda mu gihe muri VVIP ari 25000 Frw.

Ni abahanga mu muziki uyunguruye unyura amatwi, iyo bageze ku ndirimbo z’amakipe basya batanzitse
Abagize Chorale Saint Paul ni abahanga kandi babyigishijwe n’ababizobereyemo
Ababyinnyi ba Classic bari tayali biteguye kuzasusurutsa imbaga izitabira
Iki gitaramo cy’imbaturamugabo kizaba ku wa 11 Ukuboza 2022

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?