BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Byamasheke: Nyuma y’impanuka y’urukuta ahari kubakwa urugomero rw’amashanyarazi igahitana abantu 8 hari abahise batabwa muri yombi

Byamasheke: Nyuma y’impanuka y’urukuta ahari kubakwa urugomero rw’amashanyarazi igahitana abantu 8 hari abahise batabwa muri yombi

sam
Last updated: September 10, 2025 10:39 am
sam
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwatangaje ko hari abantu babiri batawe nuri yombi nyuma y’impanuka y’urukuta rwagwiriye abakozi ahari kubakwa urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyirahindwe I.

Ni impanuka yabaye ku wa 9 Nzeri 2025, Saa Tanu z’amanywa ubwo abo bakozi bari mu mirimo yo gukotera urwo rukuta rwubatswe ngo rufate ubutaka.

Aba bantu batawe muri yombi barimo gapita n’uwari ashinzwe imirimo.

Iyi mpanuka ikimara kuba abayobozi mu nzego z’umutekano, inzego z’ibanze, n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) bageze aho byabereye batanga ubutumwa bw’ihumure.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse yavuze hari abantu babiri batawe muri yombi mu rwego rw’iperereza.

Yagize ati “Kubera iperereza, n’abantu bapfuye hari abantu babiri bafashwe ariko mu rwego rw’iperereza”.

Abo bimaze kumenyekana ko bapfuye ni abantu umunani mu gihe abakomeretse bagera kuri 13 barimo umunani bakomeretse bikomeye bajyanywe ku bitaro bya Kibogora.

Urukuta rwaguye rwari rumaze ibyumweru bibiri rwubakwa.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Akari ku mutima wa Gloria Mukamabano wasezeye kuri RBA

2 Min Read
Mu Rwanda

Tour du Rwanda: Impanuka ikomeye yahitanye abantu babiri abandi batandatu barakomereka

2 Min Read
Mu Rwanda

Minisiteri y’ikoranabuhanga n’Itumanaho yahakanye ibya ‘Monetisation’

1 Min Read
Mu Rwanda

Kigali : Polisi yiyemeje gufata abacuruza ibiyobyabwenge bakomeje kwiyongera mu Gitega

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?