U Burusiya bwemeje ko bwashyikirije Ukraine imibiri y’abasirikare 1000 baguye ku rugamba, Ukraine na yo itanga imibiri y’abasirikare 35 b’u Burusiya.
Ibi bibaye nyuma y’uko ushinzwe imishyikirano ku ruhande rwa Ukraine abonanye n’intumwa za Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump i Geneve mu Busuwisi, mu biganiro ku ngamba zo gusana Ukraine nyuma y’intambara.
Abashinzwe imishyikirano mu ntambara y’u Burusiya na Ukraine kandi barimo gutegura icyiciro cya gatatu cy’ibiganiro biyobowe na Amerika bigamije gushyira akadomo ku ntambara imaze imyaka irenga ine, ibyo biganiro by’inyabutatu bikaba birimo n’u Burusiya .
Mbere gato y’uko ibiganiro bya Geneva biba, u Burusiya bwohereje indege zitwara (drones) 420 n’ibisasu biremereye (missiles) 39 ahantu hatandatu hatandukanye muri Ukraine, bikomeretsa abantu babarirwa muri mirongo, nk’uko byemejwe na perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky.
Vladimir Medinsky, umujyanama mukuru wa Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje iby’ihererekanya ry’iyo mibiri mu butumwa yashyize kuri Telegram. Nta makuru yisumbuyeho yatanze, ariko yashyizeho ifoto yerekana abantu barimo kururutsa imibiri bayivana mu ikamyo.
Nyuma y’amasaha macye, Ukraine na yo yemeje ko yakiriye imibiri 1,000 y’abasirikare bayo biciwe mu ntambara, nk’uko byari byanemejwe n’u Burusiya .
Impande zombi zimaze guhererekanya imibiri ibarirwa mu bihumbi mu gihe cy’ubushyamirane bwatangijwe n’icyemezo cya Perezida Putin cyo gushoza urugamba kuri Ukraine ku itariki 24 Gashyantare 2022.
