BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Burundi: Israel Mbonyi yaciye agahigo – AMAFOTO

Burundi: Israel Mbonyi yaciye agahigo – AMAFOTO

admin
Last updated: January 2, 2023 10:30 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Israel Mbonyi yaje ku isonga mu bahanzi baririmbye bagashimisha abantu benshi mu gihugu cy’u Burundi, nyuma y’igitaramo abantu isinzi bakubise buzura aho cyabereye.

Israel Mbonyi yasendereje ibyishimo abitabiriye igitaramo cye i Bujumbura

Ibi Israel Mbonyi yabigezeho kuri uyu wa 01 Mutarama 2023 mu gitaramo cy’agatangaza cyinjiza abarundi mu mwaka mushya cyabereye ahitwa Zion Beach mu Mujyi wa Bujumbura.

Iki gitaramo cyabaye nyuma y’icyo yakoze ku wa 30 Ukuboza 2022 aho itike ya make yari yashyizwe ku bihumbi 100 FBu mu gihe indi yaguraga ibihumbi 200FBu naho abantu icumi bicaranye ku meza itike iri kuri miliyoni 1,5FBu.

Yavuze uko abaririmbyi b’abarundi n’abarundikazi Imana yabakoresheje kugira ngo mu Rwanda bige kuramya Imana.

Ati “Indirimbo zanyu twaraziririmbaga, amaradiyo azicuranga, mu nsengero hose nizo twakoreshaga cyane, Haleluya, uyu munsi turi hano turirimbira Imana kubera bamwe muri mwebwe.”

Nk’uko abizwiho, ni igitaramo yakoze mu buryo bwa Live, aririmbana n’abantu indirimbo ku yindi nta gusobwa n’ijambo na rimwe.

Uyu musore usizwe amavuta y’igikundiro yanyuzagamo akaganira n’abantu ibyiza by’ijuru n’inzira yo kubiharanira.

Nta kwicara kwabayeho habe na gato, imitima y’abitabiriye iki gitaramo yari isendereye umunezero babyinira Imana nta kwifata kwabayeho.

Israel Mbonyi n’itsinda rimufasha ku rubyiniro nta gahenge na gato bahaye abakunzi bo guhimbaza Imana buri ndirimbo yazamuraga amarangamutima y’abitabiriye iki gitaramo.

Ubwitabire n’urugwiro yeretswe ku rubyiniro benshi bahamije ko ariwe muhanzi u Burundi bwakiriye ukunzwe ku buryo budashidikanywaho.

Mu gushimira imbaga y’abitabiriye ibitaramo bibiri yakoreye i Burundi yise “Icyambu Live Concert” yagize ati “Abarundi murarenze!”

Kwinjira muri iki gitaramo itike yari yashyizwe ku 30.000 Frw kugira ngo Abarundi batangire umwaka mushya bayobowe n’ibyishimo bya Mwuka Wera.

Israel Mbonyi urukundo yeretswe rwamurenze
Nta kuruhuka kwabayeho, babyinnye indirimbo ku yindi
Umunezero wari wose kuri Mbonyi n’abakunzi be
Ni umu Jeunne ukunda Imana ku buryo butangaje
Ati mwese umwaka mushya muhire wa 2023
Ni igitaramo kitabiriwe n’abantu basa neza cyane

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • lg says:
    January 3, 2023 at 3:05 pm

    Abarundi burya bwose nabakire nyamara bavuga ko bali mumyanya yimbere mubukene sinzira niba itike yamake yali 30000 frw kibereye aha yabona abantu bangahe bayikikura

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Imyidagaduro

Umusizi Saranda ari mu gahinda ko gupfusha mama we

1 Min Read
Imyidagaduro

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?