BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Burundi: Israel Mbonyi yaciye agahigo – AMAFOTO

Burundi: Israel Mbonyi yaciye agahigo – AMAFOTO

admin
Last updated: January 2, 2023 10:30 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Israel Mbonyi yaje ku isonga mu bahanzi baririmbye bagashimisha abantu benshi mu gihugu cy’u Burundi, nyuma y’igitaramo abantu isinzi bakubise buzura aho cyabereye.

Israel Mbonyi yasendereje ibyishimo abitabiriye igitaramo cye i Bujumbura

Ibi Israel Mbonyi yabigezeho kuri uyu wa 01 Mutarama 2023 mu gitaramo cy’agatangaza cyinjiza abarundi mu mwaka mushya cyabereye ahitwa Zion Beach mu Mujyi wa Bujumbura.

Iki gitaramo cyabaye nyuma y’icyo yakoze ku wa 30 Ukuboza 2022 aho itike ya make yari yashyizwe ku bihumbi 100 FBu mu gihe indi yaguraga ibihumbi 200FBu naho abantu icumi bicaranye ku meza itike iri kuri miliyoni 1,5FBu.

Yavuze uko abaririmbyi b’abarundi n’abarundikazi Imana yabakoresheje kugira ngo mu Rwanda bige kuramya Imana.

Ati “Indirimbo zanyu twaraziririmbaga, amaradiyo azicuranga, mu nsengero hose nizo twakoreshaga cyane, Haleluya, uyu munsi turi hano turirimbira Imana kubera bamwe muri mwebwe.”

Nk’uko abizwiho, ni igitaramo yakoze mu buryo bwa Live, aririmbana n’abantu indirimbo ku yindi nta gusobwa n’ijambo na rimwe.

Uyu musore usizwe amavuta y’igikundiro yanyuzagamo akaganira n’abantu ibyiza by’ijuru n’inzira yo kubiharanira.

Nta kwicara kwabayeho habe na gato, imitima y’abitabiriye iki gitaramo yari isendereye umunezero babyinira Imana nta kwifata kwabayeho.

Israel Mbonyi n’itsinda rimufasha ku rubyiniro nta gahenge na gato bahaye abakunzi bo guhimbaza Imana buri ndirimbo yazamuraga amarangamutima y’abitabiriye iki gitaramo.

Ubwitabire n’urugwiro yeretswe ku rubyiniro benshi bahamije ko ariwe muhanzi u Burundi bwakiriye ukunzwe ku buryo budashidikanywaho.

Mu gushimira imbaga y’abitabiriye ibitaramo bibiri yakoreye i Burundi yise “Icyambu Live Concert” yagize ati “Abarundi murarenze!”

Kwinjira muri iki gitaramo itike yari yashyizwe ku 30.000 Frw kugira ngo Abarundi batangire umwaka mushya bayobowe n’ibyishimo bya Mwuka Wera.

Israel Mbonyi urukundo yeretswe rwamurenze
Nta kuruhuka kwabayeho, babyinnye indirimbo ku yindi
Umunezero wari wose kuri Mbonyi n’abakunzi be
Ni umu Jeunne ukunda Imana ku buryo butangaje
Ati mwese umwaka mushya muhire wa 2023
Ni igitaramo kitabiriwe n’abantu basa neza cyane

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • lg says:
    January 3, 2023 at 3:05 pm

    Abarundi burya bwose nabakire nyamara bavuga ko bali mumyanya yimbere mubukene sinzira niba itike yamake yali 30000 frw kibereye aha yabona abantu bangahe bayikikura

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
Imyidagaduro

Abambere basakaje amashusho ya Yampano bagejejwe imbere y’urukiko

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?