BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Burundi: Irangabiye wari warahungiye i Kigali yakatiwe imyaka 10 y’igifungo

Burundi: Irangabiye wari warahungiye i Kigali yakatiwe imyaka 10 y’igifungo

admin
Last updated: January 4, 2023 9:54 am
admin
Share
SHARE

Urikiko rwa Mukaza mu Mujyi wa Bujumbura rwakatiye Floriane Irangabiye wari warahungiye i Kigali mu Rwanda igihano cyo gufungwa imyaka 10 muri gereza.

Floriane Irangabiye yakatiwe gufungwa imyaka 10

Ni mu rubanza rwasomwe ku wa mbere aho yahamijwe ibyaha birimo “Guhungabanya umutekano ku butaka bw’u Burundi no gukorana n’imitwe yitwaje intwaro.”

Yashinjwe gukusanya abarwanyi b’umutwe wa Red-Tabara ufatwa na Leta y’u Burundi nk’umutwe w’iterabwoba imbere mu gihugu no muri Kivu y’Amajyepfo ho muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo aho ufite ibirindiro.

Mu isomwa ry’urubanza Irangabiye n’abunganizi be mu mategeko ntibari mu Rukiko gusa bahise bajurira kuko batishimiye iyo myanzuro.

Ku wa 16 Ukuboza 2022 nibwo Floriane Irangabiye wahoze akorana na Radiyo Igicaniro ikorera mu buhungiro yaburanye mu mizi, yahakanye ibyaha byose ashinjwa asaba gufungurwa.

Abunganizi be mu mategeko uko ari batatu barimo uwatumwe n’ishyirahamwe ry’abagore b’abanyamategeko bo mu Burundi bavuze ko ibyo ashinjwa ari ibihimbano basaba ko yarekurwa agasubira mu buzima busanzwe.

Floriane Irangabiye yatawe muri yombi ubwo yari i Bujumbura mu mpera za Kamena 2022, mu buryo bw’ibanga ku wa 28 Kamena yahise ajya gufungirwa ku biro bikuru by’iperereza mu Burundi.

Icyo gihe byavugwaga ko “akorana n’imitwe yitwaje intwaro hamwe no gukorera iperereza ry’ikindi gihugu.”

Ubu afungiwe muri Gereza nkuru y’Intara ya Muyinga aho atabasha gusurwa n’abo mu muryango we n’inshuti.

Irangabiye ni umugore uzwiho kutarya umunwa kandi azwi nk’udatinya gutunga urutoki ku bibi bikorwa na Leta y’u Burundi mu bice bitandukanye.

Ubwo yajyaga i Burundi benshi bamusabye kubihagarika kubera amagambo yagiye atangaza mu bihe bitandukanye ndetse n’amafoto yifotozanyije n’abo u Burundi bwita abanzi b’igihugu.

Amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu n’ay’abanyamakuru asaba ko ubutabera bwamurekura kuko ibyo ashinjwa ari ibihimbano.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Jado says:
    January 4, 2023 at 2:07 pm

    Nibyo nyine kora uburoko,niba waruziko urwanya se cnddd wumvaga ko bari bukureke!urumudabagizi koko.

    Reply
  • Irihose Peter says:
    January 4, 2023 at 3:43 pm

    Jado nawe ntukanjye uhita uca urubanza cyerka niba hari aho ufite uhuriye nubucamanza cyneko yari mubambere bo mukuvuga ibitanjyenda neza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
Mu mahanga

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Mu mahanga

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?