BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Burundi: Bakoze imyigaragambyo yo gushyigikira Perezida Ndayishimiye-AMAFOTO

Burundi: Bakoze imyigaragambyo yo gushyigikira Perezida Ndayishimiye-AMAFOTO

admin
Last updated: September 26, 2022 1:50 pm
admin
Share
SHARE
Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi ryakoze imyigaragambyo yo gushyigikira umukuru w’igihugu Gen Ndayishimiye Evariste ku bikorwa by’ikirenga byo kohereza abasirikare b’u Burundi mu kugarura amahoro n’umutekano muri RD Congo.

Imbonerakure zivuga ko ziri ku murongo kandi zizagwa inyuma ya Perezida Ndayishimiye

Kuwa gatandatu w’icyumweru gishize ibihumbi by’abaturage bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi bazindukiye mu mihanda mu Mujyi wa Bujumbura n’i Gitega ku murwa mukuru bavuga ko Gen Neva “ari impano idasanzwe bahawe n’Imana.”

Abarwanashyaka ba CNDD-FDD biganjemo urubyiruko ruzwi nk’Imbonerakure bagaragaje ko umwanzuro wo kohereza Ingabo z’u Burundi muri RD Congo ari igikorwa cy’ubutwari Perezida Ndayishimiye azibukirwaho.

Mu ndirimbo n’ibisingizo bavuze ko “Nta kindi kimuraje ishinga atari ukwita ku mibereho myiza y’abaturage b’u Burundi.”

Bati “Turamushyigikiye kuba yarirukanye abategetsi batuzuza inshingano zabo” bakinaga ku mubyimba abarimo Gen Allain Guillaume Bunyoni n’abandi  baherutse kwirukanwa ku myanya y’ubuyobozi.

Umunyamabanga w’ishyaka rya CNDD-FDD mu Mujyi wa Bujumbura, Didimond Mvukiye yavuze ko “Dushaka kugaragaza umunezero wacu kandi dushimira umukuru w’igihugu wavugutiye umuti ikibazo cy’ibikomoka kuri peteroli.”

Ku murwa mukuru w’u Burundi i Gitega naho habaye imyigaragambyo ishyigikiye Perezida Ndayishimiye bamusaba kuguma kuri vora !

Bagize bati “Général Ndayishimiye, guma kw’ivora, turi inyuma yawe,twamaganye abadashaka ko isukari iboneka, ibikomoka kuri peteroli, ibinyobwa na sima, tuzabemeza binjire mu ishyaka CNDD-FDD, tuzatsinda amatora yose.”

Anastaste Manirambona wahoze ari Colonel mu Gisirikare akaba ashinzwe ibikorwa byo kwamamaza n’ikinyabupfura muri CNDD-FDD yashimiye Jenerali Neva kuba yarohereje ingabo zirwanira ku butaka muri Kivu y’Epfo kugira ngo irwanye imitwe yitwaje intwaro irwanya u Burundi.

Yavuze ko mu Burundi hubahirizwa uburenganzira bw’ikiremwamuntu bitandukanye n’ibyo bashinjwa n’imiryango mpuzamahanga ngo “itifuza amahoro mu Burundi.”

Col Manirambona yategetse abarwanashyaka ba CNDD-FDD guhora“bakanuye amaso mu kwimakaza amahoro n’umutekano.”

Imyigaragambyo nk’iyi yari yarabaye itegeko mu mpera za buri cyumweru mu Mujyi wa Bujumbura no mu Ntara zitandukanye hagati ya 2016 na 2020.

Stade yari yakubise yuzuye


NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa DRCongo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare…

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

1 Min Read
Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?