BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Burkina Faso: Lt Col Damiba wakorewe Coup d’Etat yemeye kuva ku butegetsi

Burkina Faso: Lt Col Damiba wakorewe Coup d’Etat yemeye kuva ku butegetsi

admin
Last updated: October 3, 2022 12:02 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Burkina Faso, Lt Col Paul-Henri Damiba wakorewe Coup d’Etat ku wa Gatanu, yemeye kurekura ubutegetsi.

Lt Col Paul-Henri Damiba wakorewe Coup d’Etat ku wa Gatanu

Ubu Burkina Faso iyobowe na Capitaine Ibrahim Traoré, ndetse yakiriye kwegura kwa Lt Col Paul-Henri Damiba.

Lt Col Paul-Henri Damiba si we watangaje ko yeguye ahubwo byavuzwe n’abayobozi b’amadini n’abategetsi b’amoko atandukanye atuye Burkina Faso abo bita Leaders coutumiers.

Kwegura kwa Lt Col Damiba gukurikiye ibikorwa byibasiye Ambasade y’Ubufaransa n’ibindi birango byabwo muri Burkina Faso, babushinja kumuhisha

Abayobozi b’amadini muri Burkina Faso basamye itangazo ririmo kwegura kwa Lt Col Damiba, bavuga ko yabikoze agamije kugabanya ingaruka zashoboraga kuba haba ku bantu no ku bikorwa remezo iyo atemera kurekura ubutegetsi.

Lt Col Damiba yasabye ibintu birindwi bigomba kubahirizwa, harimo kumumenyera umutekano, kwemera gukomeza inzira y’ubwiyunge, no kwemera ko ubutegetsi buzasubizwa abasivile mu gihe cy’imyaka ibiri.

Ni inshuro ya kabiri mur Burkina Faso habaye Coup d’Etat mu gihe kitageze ku mwaka, muri Mutarama 2022, uyu Lt Col Damiba yahiritse ku butegetsi Roch Kaboré amushinja ko yananiwe guhangana n’imitwe ya kisilamu yica abantu.

Kuri iki cyumweru, Capitaine Ibrahim Traoré ari mu kimodoka cy’intambara, yiyeretse abaturage bo kumurwa mukuru Ouagadougou arinzwe cyane, ariko abaturage benshi bagaragaza ko bamushyigikiye.

Burkina Faso imaze kubamo ihirikwa ry’ubutegetsi ku ngufu inshuro 8 kuva ibonye ubwigenge mu 1960.

Ubu Burkina Faso iyobowe na Capitaine Ibrahim Traoré
Kuri iki Cyumweru, Capitaine Ibrahim Traoré yiyeretse abaturage

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • mahoro jack says:
    October 3, 2022 at 1:37 pm

    Ibi bihugu byo muri west africa ubufaransa bwarabyangije ku buryo nabyo bitazi iyo bigana! Ivory coast hari umukwe wabo Ouattara, Guinea ho ni uwari umusirikare wabo, ufite ubwenegihugu bwabo n’umugore w’umufaransakazi, za Gabon, Congo Brazza, Senegal, … ni companies za France zafashe ubukungu bwose bw’ibihugu, amadevize yabo bose ngo bategetswe kuyabitsa i Paris, …. harya ubwo ubwigenge koko muvuga buri hehe?

    Reply
  • Uzaribara says:
    October 3, 2022 at 9:42 pm

    Ndumva karabaye icwende ishuro 8 zose ariko bagiye batwigiraho

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?