BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Burera: Bariye karungu nyuma y’uko umupolisi arashe “uwo bemeza ko atamurwanyije”

Burera: Bariye karungu nyuma y’uko umupolisi arashe “uwo bemeza ko atamurwanyije”

admin
Last updated: October 3, 2022 1:07 pm
admin
Share
SHARE

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Burera barakajwe bikomeye n’umupolisi warashe umuturage, bafata icyemezo cyo gukora igisa n’imyigaragambyo, Polisi yo isobanura ko uwarashwe yarwanyije abashinzwe umutekano.

Ibiro by’Akarere ka Burera

Mu rukerera rwo ku wa 30 Nzeri 2022, Polisi ikorera mu karere ka Burera yarashe umuturage witwa Twagirayezu Michel wo mu mudugudu wa Gashanda, akagari ka Nyirataba, umurenge wa Cyivuye ayirwanya nyuma yo gufatwa akekwaho gucuruza ibiyobyabwenge nk’uko Polisi ibisobanura.

Gusa abaturage basobanura ko umuturage yavanywe iwe na Polisi akaraswa.

Aba basobanura kandi ko yarashwe habanje gufungwa k’ushinzwe Umudugudu. Bongeraho ko yabyukijwe mu buriri n’umuyobozi w’undi Mudugudu kuko umuyobora yari afunze.

Mu burakari bwinshi babwiye umunyamakuru wa Radio/Tv1 ko badashobora kwemera ko umurambo wa nyakwigendera ujyanwa ku bitaro gusuzumwa kuko bazi icyo yazize.

Umwe yagize ati “Uwo muntu bamuhoye ubusa. Ibaze kukubyutsa mu buriri, ukabyuka ari umuyobozi w’umudugudu ukubyukije, bagahita bakurasa. Ntacyo yakekwagaho, ni umumotari.”

Undi na we yagize ati “Nta kosa yari afite ahubwo kugira ngo babikore, babanje bafunga umuyobozi w’Umudugudu umuyobora. Noneho bafata umuyobozi w’Umudugudu mugenzi we, baba ari we ubajyanayo, baramukinguza.”

Aba baturage bari bariye karungu, basabaga ko umuturage wabo atajyanwa ku bitaro.

Umwe ati “Ntabwo bamukura aha, kubera iki? Nibaze bamupimire aha. Nibarangiza kumupima tumushyingure kuko ari uwacu. Kandi ikiri gutuma twigaragambya hari undi wacu bafunze, ntabwo tuzi icyo bamujyaniye.”

Undi na we ati “Ko tuzi icyamwishe, baramutwara he?”

Abaturage bavuga ko icyo gihe hari undi muturage wigenderaga, umupolisi yarashe akaguru, na we ajyanwa kwa muganga.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yatangaje ko uyu muturage yarashwe agerageza kurwanya inzego z’umutekano, nyuma yo gukekwaho gucuruza ibiyobyabwenge.

Yagize ati “Twamenye ko uwo muntu yarashwe ubwo abapolisi bari mu kazi, akagerageza kuba yabarwanya, akaba yitabye Imana. Igikurikiraho ni uko Polisi igiye gukurikirana, ngo ese byari ngombwa ko abo bapolisi barasa mu cyico.”

CP Kabera yasabye abantu kwirinda kurwanya inzego z’umutekano. Avuga ko umupolisi na we wagaragaraho amakosa ayabazwa.

Twagirayezu Michele asize umugore n’abana batatu.

ISOOKO: Radio/TV 1

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Uzaribara says:
    October 3, 2022 at 9:30 pm

    Aha!!! birakomeye arikonge uko mbyumva ntibyari bikwiriye ko amurasa ahubwo hari kurebwa icyo yakekwaho bakareba nib’ari ukuri abayahanwa mubundi buryo butari ukumurasa muraze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?