BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Bruce Melodie yageze i Bujumbura yakirwa n’ibizungerezi-AMAFOTO

Bruce Melodie yageze i Bujumbura yakirwa n’ibizungerezi-AMAFOTO

admin
Last updated: August 31, 2022 6:21 pm
admin
Share
SHARE

Umuririmbyi w’Umunyarwanda, Itahiwacu Bruce Melodie, yageze i Bujumbura mu Burundi yakirwa n’abantu b’ingeri zitandukanye biganjemo ab’igitsina gore bari bitwaje indabo.

Abakobwa beza b’Abarundikazi bakirije indabo Bruce Melodie

Yagiye muri kiriya gihugu aho yitabiriye ibitaramo bibiri bikomeye azahakorera ku wa 2-3 Nzeri 2022.

Kujya gucurangira i Bujumbura byari bihanzwe amaso n’abakunzi b’umuziki by’umwihariko abafana be batuye i Burundi.

Ibi bitaramo yise “Bruce Melodie Live Bujumbura-Burundi” bije nyuma y’uko muri Nyakanga 2021 yahagarikiwe ibyo yagombaga gukorera muri kiriya gihugu byiswe ko ari ku mpamvu z’ingamba zo kwirinda Covid-19.

Icyo gihe, Minisitiri w’umutekano mu Burundi, Gervais Ndirakobuca uzwi nka Ndakugaruka yavuze ko nta bitaramo by’abanyarwanda bizakorerwa mu Burundi.

Ku wa 2 Nzeri 2022 Bruce Melodie azakora igitaramo kizinjirwamo n’abaherwe gusa “VIP Concert” ahitwa kuri Zion Beach.

Kwinjira mu myanya ya VVIP azaba ari 3.000.000 Fbu, VIP Prime 350.000 Fbu, VIP 200.000Fbu mu gihe ahasanzwe azaba ari 100.000Fbu.

Kuwa 3 Nzeri 2022 azataramira kuri Mess des Officier i Bujumbura aho kwinjira ari ibihumbi 50 Fbu muri VIP ahasanzwe bikaba ibihumbi 10 Fbu.

Bruce Melodie asohoka ku kibuga cy’Indege cya Bujumbura kitiriwe Melchior Ndadaye
Yaganiriye n’itangazamakuru ryo muri kiriya gihugu yizeza igitaramo cy’igitangaza

AMAFOTO @AKEZA.NET

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

1 Min Read
Imyidagaduro

Ciara yahawe ubwenegihugu bwa Bénin

2 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu wari ukurikiranyweho gufungirana abakobwa mu nzu yarekuwe

1 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?