BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Brésil: Gianni Infantino yasezeye bwa nyuma kuri Pelé

Brésil: Gianni Infantino yasezeye bwa nyuma kuri Pelé

admin
Last updated: January 3, 2023 11:57 am
admin
Share
SHARE

Perezida w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru ku Isi [FIFA], Gianni Infantino yasezeye kuri Edson Arantes do Nascimento wamenyekanye ku izina rya Pelé watabarutse ku myaka 82.

Gianni Infantino yaherekeje bwa nyuma Pelé

Uyu muhango wabaye tariki 2 Mutarama 2023, ubera mu mujyi wa Santos mu gihugu cya Brésil. Witabiriwe n’abasanzwe bafite amazina manini muri ruhago y’Isi by’umwihariko abo muri iki gihugu.

Ingeri zitandukanye z’abantu, zari zitabiriye umuhango wo gusezera kuri Pelé ufatwa nk’umwami mu mupira w’amaguru ku Isi.

Muri uyu muhango kandi, harimo abo mu muryango w’uyu Munyabigwi muri ruhago, abana be, umugore we n’abandi bavandimwe be.

FIFA nk’urwego ruyobora umupira w’amaguru ku Isi, yemeje ko Pelé ari munyabigwi wa mbere muri ruhago mu Kinyejana cya 20.

Inkuru y’urupfu rwa Pelé yamenyekanye ku wa Kane w’icyumweru gishize, tariki 29 Ukuboza 2022. Yaguye mu bitaro biherereye mu Mujyi wa Santos mu bitaro bya Sao Paulo azize uburwayi bwa Kanseri.

Pelé yasezeweho bwa nyuma
Umuhango wo guherekeza bwa nyuma kuri Pelé

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?