BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Belgique: Hatangiye iperereza ku rupfu rw’Umunyarwanda

Belgique: Hatangiye iperereza ku rupfu rw’Umunyarwanda

admin
Last updated: December 29, 2022 10:21 am
admin
Share
SHARE

Umunyarwanda Yves-Marie Umuhire wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero mu gihe umuryango we wari umutegereje ngo aze basangire Noheli, yabonetse yarapfuye.

Yves-Marie Umuhire yaburiwe irengero mbere gato ya Noheli

Inkuru y’urupfu rw’uyu Munyarwanda Yves-Marie Umuhire w’imyaka 38 y’amavuko, yemejwe n’Ubushinjacyaha bukuru bw’i Bruxelles mu itangazo bwashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Ukuboza 2022.

Yves-Marie Umuhire wari waburiwe irengero kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 23 Ukuboza 2022, yasanzwe yapfuye ku wa Kabiri tariki 27 Ukuboza 2022 kuri butiki ya 412 iri muri uyu murwa mukuru w’u Bubiligi, i Bruxelles.

Nyakwigendera yaherukaga kugaragara ubwo yajyaga mu kabyiniro ahitwa Avenue Louise, aho nyuma yuko abuze, umuryango we wahise wiyambaza Polisi.

Ubushinjacyaha bw’i Bruxelles buvuga ko uyu Munyarwanda yasanzwe yapfiriye ku ngazi (escalier) zo kuri aka kabyiniro, aho iperereza ryagaragaje ko yazize impanuka yo kwikubita hasi kuri izi ngazi.

Uru rwego rw’ubutabera mu Bubiligi rwatangaje kandi ko ikirego cyo kuba hari umuntu wagize uruhare mu rupfu rw’uyu Munyarwanda cyahise gishyingurwa kuko yazize impanuka nkuko byagaragajwe n’iperereza.

IVOOMO: RADIOTV10

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?