BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Basketball: Henry Mwinuka yatandukanye na REG BBC

Basketball: Henry Mwinuka yatandukanye na REG BBC

admin
Last updated: January 5, 2023 10:38 am
admin
Share
SHARE

Nyuma y’imyaka ibiri ari mu ikipe ya Reg Basketball Club, umutoza Henry Mwinuka yahisemo gusubira muri Patriots BBC yagiriyemo ibihe byiza.

Henry Mwinuka yahisemo gusubira muri Patriots BBC yamuzamuriye izina

Uyu mutoza umaze kubaka izina rikomeye mu batoza ba Basketball mu Rwanda, yafashe icyemezo cyo gusibira muri Patriots BBC yatoje imyaka ine (2015-2019), ayisinyira amasezerano y’imyaka ibiri.

Mu myaka ibiri yari amaze muri REG BBC, yayihesheje ibikombe bibiri bya Shampiyona biheruka, ariko ntabwo yigeze yishimira uburyo yafatwaga nk’umutoza wungirije iyo iyi kipe yajyaga mu mikino mpuzamahanga ya BAL (Basketball Africa League).

Kudahabwa agaciro mu irushanwa rya BAL, byanatumye ateguza abayobozi ba REG BBC ko niramuka izanye undi mutoza mukuru, atiteguye kuzakomezanya n’ikipe.

Mu myaka ine uyu mutoza ukomoka muri Tanzania yatojemo Patriots kugeza mu Ugushyingo 2019, yayihesheje ibikombe bitatu bya Shampiyona, irushanwa ryo Kwibuka n’irushanwa ry’Intwari. Yayihesheje kandi igikombe gitegura Shampiyona na bibiri bya Play-offs.

Nyuma yo guhesha ikuzo Patriots BBC akayihesha Shampiyona ku nshuro ya gatatu mu 2019, yayigejeje muri kimwe cya kabiri cy’imikino ya Basketball Africa League (BAL 2020) yabereye mu Rwanda.

Patriots yatangiye kwitegura umwaka mushya wa Shampiyona 2022-2023 uzatangira ku wa 13 Mutarama 2023 aho umukino wa mbere izawukina na Kigali Titans izaba ikina umwaka wayo wa mbere mu Cyiciro cya Mbere.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?