BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Bamporiki yakatiwe gufungwa imyaka 4 no gutanga miliyoni 60Frw

Bamporiki yakatiwe gufungwa imyaka 4 no gutanga miliyoni 60Frw

admin
Last updated: September 30, 2022 3:41 pm
admin
Share
SHARE

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye Bamporiki Edouard, wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Urubyiruko n’umuco, gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya miliyoni 60 Frw.

Edouard Bamporiki yari yasabiwe gufungwa imyaka 20

Bamporiki yaregwaga ibyaha bibiri, icya Ruswa n’icyaha cyo gukoresha ububasha afite mu nyungu ze bwite.

Icyaha cya Ruswa cyahinduriwe inyito aregwa Kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, na kiriya cyo gukoresha mu nyungu ze bwite ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Hon Bamporiki Edouard n’umunyamateko we Me Habyarimana Jean Baptiste ntabwo bagaragaye mu cyumba cy’urukiko. Ubushinjacyaha nabwo ntabwo bwigeze buza kumva icyemezo cy’urukiko.

Icyemezo cy’urukiko cyasomwe n’inteko y’abacamanza batatu n’umwanditsi w’rukiko.

Bamporiki Edouard afite iminsi 30 yo kujuririra icyemezo cy’urukiko mu Rukiko rukuru, dore ko ubwo aheruka mu rukiko yagaragaje kwicuza no gusaba imbabazi.

Hon Edouard Bamporiki yatawe muri yombi mu rucyerera rwo ku wa 05 Gicurasi, 2022 nibwo Urwego rw’ubugenzacyaha, RIB rumukekaho icyaha cya Ruswa n’icyaha cyo gukoresha ububasha afite mu nyungu ze bwite.

Hon Bamporiki w’imyaka 39 kuva RIB yatangaza ko yamutaye muri yombi, yaburanye yemera icyaha.

Ku wa 21 Nzeri 2022  mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, yavuze ko adakwiye gukurikiranwaho icyaha cya Ruswa, ko ahubwo icyo yakoze anasabira imbabazi ari uko hari ishimwe yari yagenewe n’uwitwa Gatera Norbert.

Bamporiki yaburanye ashinjwa n’abashinjacyaha babiri bo ku rwego rw’igihugu, baba mu ishami rikurikirana ibyaha bimunga ubukugu bw’igihugu.

Ubwo bamushinjaga basabye Urukiko ko nirwiherera rwazamuhamya icyaha cya ruswa n’icyaha cyo gukoresha ububasha afite munyungu ze bwite, bamusabira igihano cy’igifungo cy’imyaka 20 n’ihazabu ya miliyoni 200Frw.

Bamporiki Edouard amaze amezi arenga ane RIB yaramutegetse kutava iwe.

Urubanza rwa Hon Edouard Bamporiki rwavuzwemo nyiri Romantic Garden witwa Gatera Norbert n’umugore we witwa Urayeneza Anitha.

Aba nibo bazanye miliyoni 5Fw bitaga ishimwe kubera ko Bamporiki Edouard yagize uruhare mu ifungurwa ry’ibikorwa by’ubucuruzi byabo, kuko byari byarafunzwe n’Umujyi wa Kigali.

Ubushinjacyaha bwavuze ko Gatera Norbert yahaye Hon Bamporiki Edouard miliyoni 10Frw kuko yari yagize uruhare mu ifungurwa rya Urayeneza Anitha wigeze gufungwa akurikiranyweho icyaha cya Ruswa.

Bamporiki ari imbere y’Urukiko (Photo NKUNDINEZA Jean Paul)
Bamporiki n’umwuganira mu mategeko

AMAFOTO: NKUNDINEZA

JEAN PAUL NKUNDINEZA
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • rugenera says:
    September 30, 2022 at 6:05 pm

    His excellency ajye amenya y’uko ibyegera bye byinshi bimubeshya.Uyu Bamporiki yakunze kwiyerekana nk’intore ikomeye ya FPR (intangarugero).Ariko ikigaragara,nuko benshi bakoma amashyi bishakira imyanya ikomeye.Murabona ko iyo bamaze kuyibona,benshi biba,barya ruswa,etc…

    Reply
  • IBYISI NZABANDORA says:
    October 1, 2022 at 11:18 am

    @Rugenera. Nonese HE ko atari Imana ntabe n’umumarayika yabwirwa n’iki ko bamubeshya? Umuntu ni mugari pe! Bamporiki ibi nta muntu wajyaga kubimukekera yakoraga uko ashoboye akigaragaza neza. Gusa isomo rikwiye kuvamo ni uko hakwiye kongera ubushishozi mu gutoranya abayobozi! Ubu umuntu wese yibaza icyo Bamporiki aba avuga iyo aba ari umuyobozi wundi ibi byabayeho! Aba yakoresheje amagambo akomeye nta gushidikanya!

    Reply
  • IBYISI NZABANDORA says:
    October 1, 2022 at 11:18 am

    @Rugenera. Nonese HE ko atari Imana ntabe n’umumarayika yabwirwa n’iki ko bamubeshya? Umuntu ni mugari pe! Bamporiki ibi nta muntu wajyaga kubimukekera yakoraga uko ashoboye akigaragaza neza. Gusa isomo rikwiye kuvamo ni uko hakwiye kongera ubushishozi mu gutoranya abayobozi! Ubu umuntu wese yibaza icyo Bamporiki aba avuga iyo aba ari umuyobozi wundi ibi byabayeho! Aba yakoresheje amagambo akomeye nta gushidikanya!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?