BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ballon d’Or: Ubwami bwa Messi na CR7 bwambuwe ijambo

Ballon d’Or: Ubwami bwa Messi na CR7 bwambuwe ijambo

admin
Last updated: October 18, 2022 12:46 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma yo kwigaranzurwa na Karim Benzema, Lionel Messi na Cristiano Ronaldo bishobora kuzagorana kongera kuza imbere mu begukana imipira ya zahabu ihabwa umukinnyi mwiza w’umwaka.

Lionel Messi wakoreye izina muri FC Barcelona Ubwami bwe buri mu marembera

Mu ijoro ryakeye ni bwo haraye hatanzwe ibihembo ku bakinnyi bahize abandi ku Isi mu mupira w’amaguru. Ni ibirori byabereye mu Bufaransa. Mu bakinnyi bahembwe nta Messi cyangwa Cristiano bari barimo, nyamara aba bombi ni ubwa mbere bataje mu myanya icumi ya mbere mu myaka 15 ishize.

Hari hashize imyaka irenga 16 Lionel Messi atabura mu bakinnyi 30 beza b’umwaka. Byaraye bibaye mu ijoro ryakeye ubwo ku rutonde rw’abeza yiburagaho. Uyu mugabo uvuka mu gihugu cya Argentine w’imyaka 35 y’amavuko niwe mukinnyi watwaye ibihembo by’inshi bya Ballon d’Or kugeza ubu afite zirindwi.

Mugenzi we Cristiano Ronaldo nawe yari amaze imyaka igera kuri 17 ahora mu beza b’umwaka. Kuva icyo gihe uyu rutahizamu, ni ubwa mbere yaje ku mwanya mubi wa 20 ku rutonde rw’abitwaye neza. Uyu mukinnyi w’imyaka 37 y’amavuko, avuka mu gihugu cya Portugal, aza ku mwanya wa kabiri mu bafite Ballon d’Or nyinshi kuko afite eshanu akurikira Messi.

Icyo imibare ivuga ku ruhande rwa Cristiano Ronaldo mu mwaka w’imikino ushize wa 2021-22. Mu mikino 13 yakiniye ikipe y’igihugu cye cya Portugal, ayitsindira ibitego 11, anatanga imipira ibiri yavuyemo ibitego. Muri  Manchester United, umwaka ushize yayikiniye imikino 30, atsinda ibitego 18 anatanga imipira itatu ivamo ibitego.

Mugenzi we Lionel Messi, mu mikino irindwi yakiniye ikipe y’igihugu ya Argéntine, yatsinze ibitego bine atanga imipira itanu yavuyemo ibitego. Mu ikipe ya Paris Saint Germain, yakinnye imikino 33, atsinda ibitego icumi n’imipira 14 yatanze ikavamo ibitego.

Iy’uyu mwaka yegukanywe n’Umufaransa Karim Benzema ukinira ikipe ya Real Madrid. Yabaye umukinnyi wa Kabiri wayitwaye akuze ku myaka 34 undi wabikoze ni Umwongereza Stanley Matthews wayitwaye afite imyaka 41 y’amavuko mu 1956. Ni ku nshuro ya mbere Benzema yatwaye iki gikombe cy’umukinnyi wahize abandi mu mwaka wose.

Abandi batwaye ibikombe mu byiciro byose ni Alexia Putellas ukinira Barcelona yegukanye Ballon d’Or nk’umugore wahize abandi mu mwaka w’imikino ushize. Ni inshuro ya Kabiri yikurikiranya, yegukana iki gihembo nyuma yo kucyegukana mu mwaka ushize.

Thibaut Courtois ni Umubiligi akaba ari n’umunyezamu wa Real Madrid ni we wahembwe nk’umunyezamu w’umwaka.

Igihembo cy’umukinnyi muto mwiza w’umwaka cyegukanywe na Gavi ukinira ikipe ya Barcelona n’igihugu cya Éspagne. Ni igihembo gihabwa umukinnyi uri munsi y’imyaka 21. Ikipe yabaye iy’umwaka ni Manchester City yo mu Bwongereza itozwa n’umutoza Pép Guardiola. Undi wahembwe ni Robert Lewandowski watsinze ibitego byinshi mu mwaka wa 2021/2022 w’imikino. Sadio Mané we yahembwe nk’umukinnyi wagaragaje ibikorwa by’urukundo iwabo muri Sénégal.

Ibikombe hafi ya byose byaraye bitanzwe byatashye mu makipe abiri Real Madrid na Barcelona. Benzema na Courtois nibo batwaye icy’umukinnyi mwiza mu bagabo n’umunyezamu mwiza bose bakinira Real Madrid. Barcelona nayo yabyikubiye cyaba icy’umugore wahize abandi mu mwaka w’imikino Alexia Putellas n’umukinnyi muto mwiza w’umwaka ni Gavi.

Ronaldo na Messi batagize umwaka mwiza w’imikino ushize bigahurirana no kuba bageze mu za bukuru biribazwa niba baba bariho babyina bavamo ku bihembo byo ku ruhando mpuzamahanga. Ikintu kimwe aba bombi bategereje mu mupira w’amaguru ni igikombe cy’isi kigiye gutangira mu kwezi gutaha ku Ugushyingo. Nicyo gishobora kugena uzegukana Ballon d’Or y’uyu mwaka.

Ibihugu byabo nibitagera kure mu gikombe cy’isi cy’uyu mwaka kizabera muri Qatar, bizaba bisa nk’aho bazaba bagiye gusezera kuri ruhago nta kindi gikombe gikomeye ku isi batwaye ku giti cyabo.

CR7 ibihe bye byo gutwara Ballon d’Or

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
Imikino

FIFA yateguye igikorwa cyo guha icyubahiro Diego Jota

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?