BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Bafunzwe kubera gusakaza amashusho ya Perezida Salva Kiir yinyarira mu ruhame

Bafunzwe kubera gusakaza amashusho ya Perezida Salva Kiir yinyarira mu ruhame

admin
Last updated: January 7, 2023 5:45 pm
admin
Share
SHARE

Abanyamakuru batandatu bo muri Sudan y’Epfo batawe muri yombi nyuma y’amashusho y’Umukuru wa kiriya gihugu agaragara yinyarira mu ruhame.

Salva Kiir ni Perezida wa Sudan y’Epfo kuva muri 2011

Aya makuru y’itabwa muri yombi ry’aba banyamakuru yashyizwe hanze n’Urwego ruharanira uburenganzira bw’Abanyamakuru.

Mu Ukuboza 2022, Perezida Salva Kiir yagaragaye mu mashusho yinyarira ubwo haririmbwaga indirimbo yubahiriza igihugu mu muhango yari ayoboye.

Moment 71-year-old South Sudan President Salva Kiir urinates on himself in public during road commissioning pic.twitter.com/Iv59tqrjWy

— The Observer (@observerug) December 14, 2022

Abanyamakuru bakorera Televiziyo ya Leta batawe muri yombi muri iki cyumweru.

Ishyirahamwe riharanira uburenganzira bw’Abanyamakuru (CPJ) rirasaba ko bariya barekurwa.

Patrick Oyet, ukuriye ishyirahamwe ry’abanyamakuru muri Sudan y’Epfo, yavuze ko bariya Banyamakuru bafashwe bakweho kuba bazi uko amashusho ya Perezida Salva Kiir yinyarira yageze hanze.

Televiziyo ya leta SSBC ivuga ko ariya mashusho itigeze iyasakaza.

Muthoki Mumo uhagarariye CPJ muri Africa yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, avuga koi fatwa rya bariya banyamakuru bigaragaraza urugero inzego z’umutekano zikunze gufunga abanyamakuru mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Minisitiri w’Itumanaho muri Sudan y’Epfo Michael Makuei yabwiye Ijwi rya America ko abantu bakwiye gutegereza bakamenya icyatumye bariya banyamakuru batabwa muri yombi.

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • Patos says:
    January 7, 2023 at 10:26 pm

    Barakosheje bakubitwe ibiboko kuko ntabwo ari byiza kwandagaza umukambwe iyo umuntu ashaje ntabwo uruhago ruba rugifite imbaraga zo kugumana inkari ,ibyo rero ni ibisanzwe

    Reply
  • Menyo mazuru says:
    January 8, 2023 at 6:35 am

    Wanditse nabi. Ni ugucukwa n’inkari. Isi ntisakaye. Iyi ndwara ntawe itafata. Kandi uyirwaye, inkari ziza atabizi.
    Pole sana Bwana Salvakir.
    Ababikwirakwije bahemutse

    Reply
  • citoyen says:
    January 8, 2023 at 9:21 am

    Ikosa se ni abanyamakuru bagaragaje ko umukuru w’igihugu arwaye cyangwa ikosa ni abashinzwe umutekano we, harimo n’abaganga be, baba batafashe ingamba zikwiye kandi bazi ikibazo afite? Ibintu byo kwihambira ku butegetsi kugeza wituye hasi niyo ndwara ikomeye Africa ifite. Nk’uyu kuki ataharira abandi ngo ajye kuruhuka?

    Reply
  • Rugango Fidele says:
    January 8, 2023 at 2:31 pm

    Ntabwo barenganye kuko barengereye cyane uretse no kuba ari umukuru w igihugu no ku muturage usanzwe iyo si inkuru yo gutangaza.

    Reply
  • John Biz. says:
    January 8, 2023 at 9:59 pm

    Barenganye! Kuko niyo baba aribo basakaje amashusho biri mukazi bakora kdi ntibahimbye bagaragaje ibyabaye; Ahubwo Mr P.Kiir najye kuruhuka ahe akanya abandi bayobore.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Maneko wo ku rwego rwo hejuru wa Ukraine yishwe arashwe i Kyiv

5 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Mu mahanga

Inteko ya Amerika yasabye Tshisekedi kutarenza manda yemerewe

2 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?