BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Bafunzwe kubera gusakaza amashusho ya Perezida Salva Kiir yinyarira mu ruhame

Bafunzwe kubera gusakaza amashusho ya Perezida Salva Kiir yinyarira mu ruhame

admin
Last updated: January 7, 2023 5:45 pm
admin
Share
SHARE

Abanyamakuru batandatu bo muri Sudan y’Epfo batawe muri yombi nyuma y’amashusho y’Umukuru wa kiriya gihugu agaragara yinyarira mu ruhame.

Salva Kiir ni Perezida wa Sudan y’Epfo kuva muri 2011

Aya makuru y’itabwa muri yombi ry’aba banyamakuru yashyizwe hanze n’Urwego ruharanira uburenganzira bw’Abanyamakuru.

Mu Ukuboza 2022, Perezida Salva Kiir yagaragaye mu mashusho yinyarira ubwo haririmbwaga indirimbo yubahiriza igihugu mu muhango yari ayoboye.

Moment 71-year-old South Sudan President Salva Kiir urinates on himself in public during road commissioning pic.twitter.com/Iv59tqrjWy

— The Observer (@observerug) December 14, 2022

Abanyamakuru bakorera Televiziyo ya Leta batawe muri yombi muri iki cyumweru.

Ishyirahamwe riharanira uburenganzira bw’Abanyamakuru (CPJ) rirasaba ko bariya barekurwa.

Patrick Oyet, ukuriye ishyirahamwe ry’abanyamakuru muri Sudan y’Epfo, yavuze ko bariya Banyamakuru bafashwe bakweho kuba bazi uko amashusho ya Perezida Salva Kiir yinyarira yageze hanze.

Televiziyo ya leta SSBC ivuga ko ariya mashusho itigeze iyasakaza.

Muthoki Mumo uhagarariye CPJ muri Africa yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, avuga koi fatwa rya bariya banyamakuru bigaragaraza urugero inzego z’umutekano zikunze gufunga abanyamakuru mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Minisitiri w’Itumanaho muri Sudan y’Epfo Michael Makuei yabwiye Ijwi rya America ko abantu bakwiye gutegereza bakamenya icyatumye bariya banyamakuru batabwa muri yombi.

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • Patos says:
    January 7, 2023 at 10:26 pm

    Barakosheje bakubitwe ibiboko kuko ntabwo ari byiza kwandagaza umukambwe iyo umuntu ashaje ntabwo uruhago ruba rugifite imbaraga zo kugumana inkari ,ibyo rero ni ibisanzwe

    Reply
  • Menyo mazuru says:
    January 8, 2023 at 6:35 am

    Wanditse nabi. Ni ugucukwa n’inkari. Isi ntisakaye. Iyi ndwara ntawe itafata. Kandi uyirwaye, inkari ziza atabizi.
    Pole sana Bwana Salvakir.
    Ababikwirakwije bahemutse

    Reply
  • citoyen says:
    January 8, 2023 at 9:21 am

    Ikosa se ni abanyamakuru bagaragaje ko umukuru w’igihugu arwaye cyangwa ikosa ni abashinzwe umutekano we, harimo n’abaganga be, baba batafashe ingamba zikwiye kandi bazi ikibazo afite? Ibintu byo kwihambira ku butegetsi kugeza wituye hasi niyo ndwara ikomeye Africa ifite. Nk’uyu kuki ataharira abandi ngo ajye kuruhuka?

    Reply
  • Rugango Fidele says:
    January 8, 2023 at 2:31 pm

    Ntabwo barenganye kuko barengereye cyane uretse no kuba ari umukuru w igihugu no ku muturage usanzwe iyo si inkuru yo gutangaza.

    Reply
  • John Biz. says:
    January 8, 2023 at 9:59 pm

    Barenganye! Kuko niyo baba aribo basakaje amashusho biri mukazi bakora kdi ntibahimbye bagaragaje ibyabaye; Ahubwo Mr P.Kiir najye kuruhuka ahe akanya abandi bayobore.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?