BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > AS Kigali yasubije Lt Gen Mubarakh Muganga

AS Kigali yasubije Lt Gen Mubarakh Muganga

admin
Last updated: August 12, 2022 11:43 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa AS Kigali FC burangajwe imbere na Shema Ngoga Fabrice, bwasubije ubwa APR FC buherutse kuvuga ko iyi kipe ifite ubushobozi buke bwanatumye idaha agahimbazamusyi bamwe mu bakinnyi bayivuyemo.

Ubuyobozi bwa AS Kigali bwahakanye ko butigeze bwima agahimbazamusyi abakinnyi bagiye muri APR FC

Mu minsi ishize ubwo herekanwaga abakinnyi ikipe ya APR FC izakoresha muri uyu mwaka, Umuyobozi w’iyi kipe, Lt Gen Mubarakh Muganga, yavuze ko hari abakinnyi bakuye muri AS Kigali FC kuko bayirushije ubushobozi.

Uyu muyobozi yanavuze ko hari abakinnyi bavuye muri iyi kipe y’Umujyi wa Kigali badahawe agahimbazamusyi bari bemerewe mbere yo kwegukana igikombe cy’Amahoro cya 2022.

Ati “Ashobora kuba yaratebyaga. Ntabwo ari ikibazo cy’ubushobozi. Niba twarishyuye imishahara abarenze abantu 40 ntabwo agahimbazamusyi kaba ikibazo.”

Yongeyeho ati “Twabasabye ko basubiza ibyo bafitiye AS Kigali natwe tukabaha amafaranga yabo [agahimbazamusyi]. Bambwiye ko babigaruye banahabwa ibaruwa zibarekura ubwo nkeka ko n’amafaranga bashobora kuba barayabonye.”

Abakinnyi bavuye muri AS Kigali berekeza muri APR FC ariko batahawe agahimbazamusyi bari bemerewe, ni Niyibizi Ramadhan na Ishimwe Christian. Abandi bagiye ahandi batakabonye ni Sugira Ernest, Abubakar Lawal, Ndekwe Félix wagiye muri Rayon Sports na Michael Sarpong wasubiye iwabo muri Ghana.

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yahamije ko Christian bamutwaye AS Kigali kubera ubushobozi buke bwayo
Niyibizi Ramadhan nawe yasabwe kugira ibyo asubiza AS Kigali agahabwa agahimbazamusyi yakoreye
Ishimwe Christian yasabwe gusubiza ibya AS Kigali byose afite nawe agahabwa agahimbazamusyi ke

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • mahoro jack says:
    August 14, 2022 at 12:50 pm

    None se guhiga ubutwari bw’amafaranga harya nibyo bizubaka football yacu ra? Aho cash ziva ho ntihangana turabizi, ariko kandi ubushobozi bw’izo kipe tuvuga ibigwi bukunze kugaragarira buri wese iyo zirenze imbibi z’igihugu zitabiriye ayandi marushanwa!

    Reply
  • Innocent says:
    August 18, 2022 at 12:37 pm

    Rwose nfana APRFc, ariko abayobozi bayo rwose dukunda batwicisha agahinda,mbabyize ukuri uyu mwaka tuzaseba pe, Sha icyo nzi tuzakubitwa iza kabwana murebe uko gatindi gasenyi yiyubatse,ahaaaaa,na bwa bu star a domicile nabyo uyu mwaka wapi, ngo murerera national team,nukuri wapi

    Reply
  • Jado says:
    August 18, 2022 at 9:13 pm

    Indege ntizazima kuko byavuna umudereva azamura amavuta.ubundi nibwo mugiye gukubitwa mukazabibwira n’abandi Kandi AS Kigali zaba ureba ko itazagera kure

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?