BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > AS Kigali WFC yanyagiwe n’ikipe yo muri Tanzania

AS Kigali WFC yanyagiwe n’ikipe yo muri Tanzania

admin
Last updated: August 24, 2022 11:01 pm
admin
Share
SHARE

Mu mikino y’abagore ihuza amakipe yabaye aya Mbere iwayo, CAF Women’s Champions League, ikipe ihagarariye u Rwanda ya AS Kigali Women Football Club, yanyagiwe na Simba Queens yo muri Tanzania ihita inabuzwa kugera ku mukino wa nyuma.

AS Kigali WFC yasuzuguriwe imbere ya Perezida wa Ferwafa, Nizeyimana Mugabo Olivier

Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Kanama, ubera ku kibuga cya Azam Complex.

Uyu mukino wari witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Nizeyimana Mugabo Olivier uyobora Ferwafa, Wallace Kalia uyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Tanzania, Tumutoneshe Diane usanzwe ari Komiseri ushinzwe umupira w’abagore muri Ferwafa, Hadidja usanzwe ari umukozi muri Komisiyo ishinzwe umupira w’abagore muri Ferwafa n’abandi barimo Kankindi Anne-Lise uzwi muri AS Kigali FC.

Hakiri kare ku munota wa 15 gusa, Corazone Aquino yatsindiye Simba Queens igitego cya Mbere, bidatinze ku munota wa 28 Mukeshima Dorothée yishyurira AS Kigali WFC ariko ibyishimo ntibyamaze Kabiri.

Opa Clèment Tukumbuke yahise abonera Simba Queens igitego cya Kabiri ku munota wa 30, ku munota wa 38 Aisha Juma Mnunka abonera iyi kipe igitego cya Gatatu ari nako igice cya Mbere cyarangiye Simba Queens iri imbere n’ibitego 3-1.

Igice cya Kabiri kigitangira ku munota wa 47, Carazone Aquino yongeye guca mu rihumye ba myugariro ba AS Kigali WFC ayitsinda igitego cya Kane, mu gihe ku munota wa 85 Diana William yaboneye Simba Queens igitego cya Gatanu ndetse umukino urangira utyo.

Andi makipe yandi yakinnye ni She Corporate yatsinze Commercial Bank of Éthiopia ibitego 2-1.

Ibi bisobanuye ko ku wa Gatandatu tariki 27 Kanama 2022, AS Kigali WFC izakina na Commercial Bank of Éthiopia mu mukino wo guhatanira wa Gatatu, ari na bwo hazakinwa umukino wa nyuma.

AS Kigali WFC XI: Itangishaka, Kayitesi, Ingabire, Ukwinkunda, Nibagwire Libellée (c), Nyiramwiza, Mukeshimana, Usanase Zawadi, Nibagwire Sifa Gloria, Mukantanganira, Maniraguha.

Abakinnyi 11  ba AS Kigali WFC babanjemo
Abakinnyi 11 ba Simba Queens babanjemo
Simba Queens yagoye cya AS Kigali WFC
Hari ubwitabire ku rwego rwo gushyigikira aba bakobwa

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?