BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jan 24, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Arsenal yatangiye shampiyona itanga ubutumwa

Arsenal yatangiye shampiyona itanga ubutumwa

admin
Last updated: August 6, 2022 11:03 am
admin
Share
SHARE

Shampiyona y’u Bwongereza ikundwa na benshi ku Isi yaraye itangiye mu mwaka w’imikino wa 2022/23, aho Arsenal FC yatanze ibyishimo ku bakunzi bayo igatsinda Crystal Palace ibitego 2-0.

Arsenal yatangiranye intsinzi

Ni umukino wabereye kuri Selhurst Park ku kibuga cya Crystal Palace, watangiye ku isaha ya saa tatu z’ijoro ryo kuwa 5 Kanama 2022.

Crystal Palace ni imwe mu makipe akunda kugora Arsenal ariko iri joro ntabwo yorohewe kuko abasore b’umutoza Mikel Arteta bitwaye neza muri uyu mukino bagakomereza ku ntsinzi bakuye mu mikino yo kwitegura.

Ku munota wa 20 nibwo hatewe koruneri ishyirwa ku mutwe na Oleksandr Zinchenko awuhereza Gabriel Martinelli, nawe ntiyazuyaza ahita aba umukinnyi utsinze igitego cya mbere muri Shampiyona y’u Bwongereza mu mwaka wa 2022/23.

Crystal Palace itozwa na Patrick Vieira, yagerageje gusatirana imbaraga nyinshi mu gice cya kabiri ariko biba iby’ubusa kuko abasore ba Arsenal bari bahagaze neza mu bwugarizi.

Mu mpera z’umukino ku munota wa 85, Marc Guéhi wa Crystal Palace yitsinze igitego ku mupira watewe na Bukayo Saka, umusore uhanzwe amaso n’abafana ba Arsenal uyu mwaka.

Umukino warangiye Arsenal ifite ibitego bibiri ku busa.

Indi mikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Kanama 2022 ni:

– Fulham vs Liverpool
– AFC Bournemouth vs Aston Villa
– Leeds United vs Wolverhampton Wanderers
– Newcastle United vs Nottingham Forest
– Tottenham Hotspur vs Southampton
– Everton vs Chelsea.

Ejo ku Cyumweru Leicester City izakina na Brentford, Manchester United ihure Brighton & Hove Albion, West Ham United ikine na Manchester City.

GabrielGMartinelli yatsinze igitego gitangiza Premier league
Gabriel Jesus yatanze ubutumwa ko azafasha Arsenal muri uyu mwaka
Bukayo Saka ahanzwe amaso muri uyu mwaka
Ramsdale yafashije Arsenal nk’ibisanzwe
Zinchenko yagoye cyane Jordan Ayew

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

2 Min Read
Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
Imikino

Bugesera FC yongeye gukora mu nkovu Rayon Sports FC

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?