BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > APR yateje Rayon ingaru kuri myugariro yatije Marine

APR yateje Rayon ingaru kuri myugariro yatije Marine

admin
Last updated: January 10, 2023 11:02 am
admin
Share
SHARE

Biciye mu ikipe ya Intare FC, myugariro wo hagati Hirwa Jean de Dieu uheruka kugurwa na Rayon Sports avuye muri Marine FC, yongeye gutizwa iyi kipe y’Ingabo zirwanira mu mazi.

Hirwa Jean de Dieu yongeye gutizwa Marine FC yari yavuyemo

N’ubwo kugeza ubu ikipe ya APR FC itarabyemeza, ariko amakuru ava mu baba hafi y’iyi kipe, avuga ko yamaze gutiza Marine FC abakinnyi bane bagomba kuyifasha kuva ahabi iri kugeza ubu.

Abo bakinnyi barimo Hirwa Jean de Dieu wari umaze iminsi yitoreza mu Intare FC ifatwa nk’ikipe y’abato ya APR FC. Uyu myugariro amakuru amwe avuga ko yatijwe avuye mu ikipe ye [Intare FC] abandi batatu bakaba batijwe bavuye mu kipe ya bo [APR FC].

Uyu mukinnyi yari muri 27 berekanywe nk’abo Rayon Sports izifashisha muri Shampiyona y’umwaka 2022/2023, mu birori bya “Rayon Sports Day’’ byabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa 15 Kanama 2022.

Nyuma yo kumwerekana bivugwa ko hongeye kugaragara ibibazo byerekeranye ko yavuye muri Marines FC mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse ko Rayon Sports yamuguze, itemerewe kumukinisha kuko yari yageze muri iyi kipe y’i Rubavu ari intizanyo ya Intare FC.

Nyuma yo kugaragara ko Hirwa agomba gusubira mu ikipe ye [Intare FC] akazahava asoje amasezerano, bivugwa ko uyu musore yongeye gusubizwa muri Marine FC nk’intizanyo ariko bigizwemo uruhare na APR FC.

Ibi birahita bisobanura neza ko Rayon Sports itagifite ijambo kuri uyu mukinnyi, n’ubwo bivugwa ko yari yamuhaye amafaranga make ku yo bari bemeranyije.

Abandi bakinnyi bivugwa ko bashobora kuba batijwe, harimo Nsanzimfura Keddy, Jean Luc, Mbonyumwami Thaiba na Ndikumana Fabio ariko kugeza ubu ntacyo APR FC iravuga kuri aya makuru.

Mbonyumwami ari mu batijwe Marine FC
Fabio ari mu batijwe Marine FC
Hirwa yari yerekanywe muri Rayon Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Rukundo says:
    January 10, 2023 at 5:54 pm

    Rayon Sport ishaka kubaho nki kinyogote kurya ibyo utaruhiye ntagahunda ya bana ifite igata cash mu kugura abanya mahanga bashaje no kwirirwa isahura abana bavuye mu ma rerero nti yishure. Ex rwatubyaye & Yannick . Murakoze

    Reply
  • tuyisenge says:
    January 11, 2023 at 2:15 am

    gusa ibyo nago aribyiza pe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

2 Min Read
Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
Imikino

Bugesera FC yongeye gukora mu nkovu Rayon Sports FC

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?