BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > APR FC itangiye neza CAF Champions League itsinda US Monastir

APR FC itangiye neza CAF Champions League itsinda US Monastir

admin
Last updated: September 10, 2022 5:38 pm
admin
Share
SHARE

Umukono wa mbere wa CAF Champions League, APR FC itsinze US Monastir yo muri Tunisia, igitego kimwe ku busa (1-0).

APR FC ibashije gutsinda US Monastir ibifashijwemo no kuba abasifuzi b’Abarundi banze igitego cyo kwishyura cy’iyi kipe yo muri Tinusia (Photo Kayishema Tity Thierry)

Mugunga Yves yabonye inshundura ku munota wa 17’ w’umukino, ku mupira yaherejwe mu rubuga rw’amahina na Nshuti Innocent, na we ashyiraho umutwe ujya mu rushundura.

APR FC yakiniraga kuri Stade Mpuzamahanga y’i Huye, yihariye igice cya mbere cy’umukino, byashoboka ko itsinda ibitego birenze kimwe, ariko US Monastir yakomeje kugarira neza.

Igice cya kabiri cyahinduye isura, US Monastir ni yo yagikinnye neza, ndetse itsinda igitego ku munota wa 78’ byasaga naho abakinnyi b’inyuma ba APR FC bari bazi ko bararirije, ariko amashusho agaragaza ko uwari watsinze icyo gitego atari yaraririye nubwo umusifuzi w’Umurundi wo ku ruhande yamanitse igitambaro.

APR FC ifite akazi katoroshye ko gutsindira muri Tunisia iyi kipe ya US Monastir ukurikije uburyo yakinnye igice cya kabiri. Umukino uzaba tariki 18 Nzeri, 2022.

Ababanjemo ku ruhande rwa APR FC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?