BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Apôtre Dr Gitwaza yateguye umugoroba udasanzwe wo gushima Imana

Apôtre Dr Gitwaza yateguye umugoroba udasanzwe wo gushima Imana

admin
Last updated: December 22, 2022 4:18 pm
admin
Share
SHARE

Itorero Zion temple Celebration Center, ZTCC riyobowe n’Intumwa y’Imana, Dr Paul Gitwaza,rigiye kwinjiza abakirisitu mu mwaka mushya, mu mugoroba udasanzwe wo gushimana Imana.

Umugoroba wo gushimana Imana kwambuka ujya mu 2023

Ni igitaramo kizaba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 31 Ukuboza 2022, mu nyubako isanzwe yakira imikino n’imyidagaduro ya BK Arena, aho gifite insanganyamatsiko yo”Kwambuka ujya 2023”.

Iki gitaramo gifite umwihariko wo kuba hari hashize imyaka itatu hadategurwa igisoza umwaka kubera icyorezo cya COVID-19.

Iri torero risanzwe ritegura igitaramo cyo kuramya no guhimbaza ku mugoroba winjiza abantu mu mwaka mushya ariko bigakorerwa ku cyicaro gikuru cyaryo giherereye mu Murenge wa Gatenga ,Akagari ka Ngoma, mu Karere ka Kicukiro ndetse no kuri za paruwasi z’iri torero.

Kuri ubu iri torero rizahuriza hamwe abakirisitu bose bagize za paruwasi za Zion Temple Celebration Center muri BK Arena, aho bazafatanya n’abaririmbyi ASAPH MUSIC INTERNATIONAL, gushima ibyo Imana yakoze.

Dr Paul Gitwaza azaba ahari…

Apôtre Dr Paul Gitwaza wari uri kubarizwa muri Leta zunze Ubumwe za Amerika mu bikorwa by’ivugabutumwa, azafasha kwinjiza abakirisitu b’iri torero n’abandi bifuza kwegera Imana muri uwo mugoroba udasanzwe.

Biteganyijwe ko azaba ari kumwe n’umufasha we Nyinawingeri Gitwaza Angelique, umufasha kenshi mu rugendo rw’ivugabutumwa.

Mu Kwakira uyu mwaka nibwo yasubiye mu ivugabutumwa muri Amerika nyuma y’igihe cyirenga amezi abiri ari mu Rwanda .

Apôtre Dr Gitwaza mbere y’uko asubira muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yabanje gushimira abakirisitu uburyo bitanga, bakorera Imana kandi abashimira uburyo batataye itorero mu gihe atari ahari.

Umushumba w’Itorero ZionTemple ,Dr Paul Gitwaza yateguye umugoroba udasanzwe wo gushima Imana

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Imyidagaduro

Umusizi Saranda ari mu gahinda ko gupfusha mama we

1 Min Read
Imyidagaduro

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?