BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Apôtre Dr Gitwaza yateguye umugoroba udasanzwe wo gushima Imana

Apôtre Dr Gitwaza yateguye umugoroba udasanzwe wo gushima Imana

admin
Last updated: December 22, 2022 4:18 pm
admin
Share
SHARE

Itorero Zion temple Celebration Center, ZTCC riyobowe n’Intumwa y’Imana, Dr Paul Gitwaza,rigiye kwinjiza abakirisitu mu mwaka mushya, mu mugoroba udasanzwe wo gushimana Imana.

Umugoroba wo gushimana Imana kwambuka ujya mu 2023

Ni igitaramo kizaba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 31 Ukuboza 2022, mu nyubako isanzwe yakira imikino n’imyidagaduro ya BK Arena, aho gifite insanganyamatsiko yo”Kwambuka ujya 2023”.

Iki gitaramo gifite umwihariko wo kuba hari hashize imyaka itatu hadategurwa igisoza umwaka kubera icyorezo cya COVID-19.

Iri torero risanzwe ritegura igitaramo cyo kuramya no guhimbaza ku mugoroba winjiza abantu mu mwaka mushya ariko bigakorerwa ku cyicaro gikuru cyaryo giherereye mu Murenge wa Gatenga ,Akagari ka Ngoma, mu Karere ka Kicukiro ndetse no kuri za paruwasi z’iri torero.

Kuri ubu iri torero rizahuriza hamwe abakirisitu bose bagize za paruwasi za Zion Temple Celebration Center muri BK Arena, aho bazafatanya n’abaririmbyi ASAPH MUSIC INTERNATIONAL, gushima ibyo Imana yakoze.

Dr Paul Gitwaza azaba ahari…

Apôtre Dr Paul Gitwaza wari uri kubarizwa muri Leta zunze Ubumwe za Amerika mu bikorwa by’ivugabutumwa, azafasha kwinjiza abakirisitu b’iri torero n’abandi bifuza kwegera Imana muri uwo mugoroba udasanzwe.

Biteganyijwe ko azaba ari kumwe n’umufasha we Nyinawingeri Gitwaza Angelique, umufasha kenshi mu rugendo rw’ivugabutumwa.

Mu Kwakira uyu mwaka nibwo yasubiye mu ivugabutumwa muri Amerika nyuma y’igihe cyirenga amezi abiri ari mu Rwanda .

Apôtre Dr Gitwaza mbere y’uko asubira muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yabanje gushimira abakirisitu uburyo bitanga, bakorera Imana kandi abashimira uburyo batataye itorero mu gihe atari ahari.

Umushumba w’Itorero ZionTemple ,Dr Paul Gitwaza yateguye umugoroba udasanzwe wo gushima Imana

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
Imyidagaduro

Abambere basakaje amashusho ya Yampano bagejejwe imbere y’urukiko

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?