BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Amerika yateguje imyigaragambyo ikomeye muri Tanzania

Amerika yateguje imyigaragambyo ikomeye muri Tanzania

admin
Last updated: December 1, 2025 12:01 pm
admin
Share
SHARE

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Tanzania, yashyize hanze itangazo risaba abaturage bayo bari muri Tanzania kwigengesera kuko ku wa 9 Ukuboza 2025, iki gihugu gishobora kwibasirwa n’imyigaragambyo ikomeye.

Iri tangazo ryashyizwe hanze mu gitondo cyo ku wa Mbere rivuga ko “Hari imyigaragambyo ikomeje gutegurwa y’abatavuga rumwe na Guverinoma ku wa 9 Ukuboza, gusa ibikorwa by’imyigaragambyo bishobora gutangira mbere, ku wa 5 Ukuboza.”

Ambasade ya Amerika ntiyigeze itangaza abari gutegura iyi myigaragambyo, gusa yaburiye abateganya kujya muri Tanzania mu minsi iri imbere ko bashobora guhura n’imbogamizi zikomeye z’ingendo, zirimo gushyirwaho amasaha yo kuguma mu rugo, guhagarikwa kw’itumanaho rya internet, gushyirwaho za bariyeri ku mihanda, no guhagarikwa kw’ingendo zambukiranya amazi zerekeza cyangwa ziva muri Zanzibar.

Yavuze ko n’indege mpuzamahanga zishobora guhagarikwa igihe ibintu byaba birushijeho kumera nabi.

Yakomeje isaba Abanyamerika bari muri Tanzania kwirinda kujya ahantu hateraniye abantu benshi, kubika amazi, ibiribwa, imiti n’ibikomoka kuri peteroli bihagije, ndetse bakubahiriza amabwiriza ya Leta y’iki gihugu.

Ambasade ivuga ko mu gihe haba imvururu zikomeye, ubushobozi bwayo bwo gutabara cyangwa gufasha Abanyamerika baba bari mu kaga bushobora kuba buke cyane.

Mu gihe iyi myigaragambyo yaba, yaba ikurikiye iyabaye kuva ku itariki 29 Nzeri kugeza ku wa 4 Ukwakira, ahanini bitewe no kutishimira uburyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi babujijwe kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu.

Ni amatora yegukanywe na Samia Suluhu Hassan wari usanzwe uyobora icyo gihugu, gusa abasesenguzi muri politiki bagaragaza ko agiye kurwana urugamba rukomeye rwo gusubiza igihugu ku murongo mu ngeri zinyuranye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

2 Min Read
Amerika

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

1 Min Read
Amerika

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

1 Min Read
Amerika

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?