BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Amerika ntiyishimiye uko M23 ivuga ko yavuye muri Uvira

Amerika ntiyishimiye uko M23 ivuga ko yavuye muri Uvira

admin
Last updated: December 24, 2025 3:38 pm
admin
Share
SHARE

Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwatangaje ko butanyuzwe n’ukuntu umutwe wa M23 watangaje ko wavuye mu mujyi wa Uvira, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), mu gihe hakomeje kumvikana amasasu mu nkengero z’umujyi.

Ku wa kabiri w’iki cyumweru tariki 22 Ukuboza 2025, abaturage bo mu nkengero za Uvira bavuze ko bumvise urusaku rw’imbunda, bituma hakomeza kwibazwa niba koko M23 yaravuye burundu muri uwo mujyi nk’uko yari yabivuze. Ibi byatumye Leta ya Amerika ibyuririraho ivuga ko AFC/M23 ibyo ikora bishobora kubangamira umugambi w’amahoro uri gushyigikirwa n’amahanga.

M23 yari yafashe Uvira ku wa 10 Ukuboza, uyu mujyi ukaba uri hafi y’umurwa mukuru w’ubucuruzi w’Uburundi, Bujumbura.

Ifatwa rya Uvira ryarateye induru mu bihugu by’iburengerazuba bw’Isi, aho Amerika n’abandi bafatanyabikorwa bayo bavuze ko icyo gikorwa gishobora gushora akarere kose mu ntambara ikomeye.

Mu gihe amakuru akiri uruvange ku byo kuva kwa M23 muri Uvira, amahanga akomeje gusaba impande zose kubahiriza amasezerano y’amahoro no guhagarika burundu imirwano, kugira ngo umutekano n’amahoro bigaruke mu burasirazuba bwa RDC n’akarere k’ibiyaga bigari muri rusange.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

NASA yagaruye ku Isi igitaraganya abashakashatsi bayo kubera umwe warwaye

1 Min Read
Amerika

Zelenskyy yasabye Amerika gushimuta umwe mu bayobozi bo mu Burusiya

1 Min Read
Amerika

Trump yavanye Amerika mu miryango mpuzamahanga 66

1 Min Read
Amerika

Perezida wa Colombie yaburiye Amerika ishaka kumufunga nka Maduro

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?