BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Amashirakinyoma ku rugendo rwa Gasana Francis muri Canada

Amashirakinyoma ku rugendo rwa Gasana Francis muri Canada

admin
Last updated: November 12, 2022 8:20 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’amakuru yavugaga ko Umunyamabanga mukuru w’ikipe ya AS Kigali, Gasana Francis, yajyanye n’umuryango we muri Canada kandi ashobora kutazagaruka, nyiri ubwite ahamya ko asanzwe ahagirira urugendo kandi akagaruka mu rwamubyaye.

Umunyamabanga mukuru wa AS Kigali, Gasana Francis yakuye igihu ku makuru yavugaga ko yatorotse Igihugu

Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nzeri uyu mwaka, ni bwo Gasana Francis yerekeje mu gihugu cya Canada muri gahunda ze z’akazi zisanzwe.

Gusa akiva mu Rwanda, uyu Munyamabanga mukuru wa AS Kigali, hari amakuru yavuzwe ko yimukanye n’umuryango ndetse ashobora kutazagaruka mu Rwanda.

Nyuma y’amezi abiri ari muri Canada, Gasana yagarutse mu Rwanda ndetse ahamya ko ibyamuvuzweho atari ukuri.

Aganira na UMUSEKE yavuze ko abamuvuzeho ibyo kutagaruka n’abahaye amakuru abanyamakuru avuga ko uyu mugabo atazagaruka mu Rwanda, bihabanye n’ukuri.

Ati “Nanjye narabyumvise mu itangazamakuru ariko mu by’ukuri njye nari mu rugendo rw’akazi nsanzwe ngirira muri Canada kuko si ubwa Mbere kandi si n’ubwa nyuma.”

Yongeyeho ati “Abanyamakuru babitangaje bamwe sinabarenganya kuko bahawe amakuru n’ababa bafite izindi mpamvu zabo. Ukuri guhari ni uko njye ntari ku rwego rwo gutoroka Igihugu rwose kuko mfite uko mbayeho.”

Gasana ari muri Komite Nyobozi ya AS Kigali iyobowe na Shema Ngoga Fabrice.
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?