BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Amashirakinyoma ku mikoranire ya AS Kigali n’Umujyi wa Kigali

Amashirakinyoma ku mikoranire ya AS Kigali n’Umujyi wa Kigali

admin
Last updated: August 16, 2022 8:05 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ikipe ya AS Kigali FC bwongeye gusobanura uko imikoranire n’imibanire y’iyi kipe ndetse n’Umujyi wa Kigali ihagaze, bushimangira ko atari wo utangamo amafaranga menshi.

Shema Fabrice uyobora AS Kigali yahamije ko bisaba kwisaka ngo ikipe ibeho neza

Ikipe ya AS Kigali FC ubwo yajyaga gushingwa, habayeho kwicara kwa bamwe mu bari abakozi b’Umujyi wa Kigali, basanga uru rwego rukwiye kugira ikipe y’umupira w’amaguru ikina kinyamwuga.

Niho havuye ikipe yabanje kwitwa amazina atandukanye arimo na Les Citadins [Abanyamujyi], ariko ubu yahindutse AS Kigali FC.

Kuva ubwo, iyi kipe yagiye ifashwa n’Umujyi wa Kigali kuri buri kimwe, yaba ingengo y’imari iyigendaho n’ibindi.

Gusa uko imyaka yagiye yicuma, ni ko iyi kipe yagiye ishaka ukundi yabaho idategeye amaboko Umujyi wa Kigali gusa n’ubwo hari ibyo igikenera biturutse muri uru rwego.

Aganira na UMUSEKE, perezida wa AS Kigali FC, Shema Ngoga Fabrice, yasobanuye buri kimwe mu byakomeje kwibazwa na benshi, birimo ko iyi kipe yaba itunzwe n’Umujyi kuri buri kimwe kiyigendaho.

Ati “Twe nta ngano y’amafaranga Umujyi uduha, kuko uyu munsi dushobora kuba tuzasohokera u Rwanda, bakaduha amafaranga bitewe n’ingengo y’imari tuzakoresha tuba twaberetse. Twe tubereka amafaranga tuzakoresha, bo bakaduha bijyanye n’ingengo y’imari yabo hanyuma natwe tukikoramo.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko hatabayeho kwitanga kw’abanyamuryango ba AS Kigali, byagora iyi kipe kugera ku ntego zayo zo kwegukana ibikombe bitandukanye.

Aha niho Shema yahereye yongera kwibutsa ko iyi kipe abereye umuyobozi idategera amaboko gusa Umujyi wa Kigali ahubwo yishakamo n’ibindi bisubizo.

Iyi kipe ibitse ibikombe bitatu by’Amahoro na bibiri bya Super Coupe, ariko icya shampiyona cyakomeje kuba iyanga.

Bamwe mu banyamuryango barimo Kankindi Anne-Lise bibasaba kwisaka ngo ikipe ibeho
Ikipe iherutse kugura abakinnyi bashya

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?