BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Amajyepfo: Abarenga 3000 bamaze igihe basaba Ubwenegihugu 

Amajyepfo: Abarenga 3000 bamaze igihe basaba Ubwenegihugu 

admin
Last updated: November 26, 2022 9:07 am
admin
Share
SHARE
Bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Amajyepfo bamaze imyaka 28 bandikira inzego ko bashaka ubwenegihugu bw’Ubunyarwanda.

Minisitiri Musabyimana Jean Claude avuga ko agiye gukurikirana ikibazo cy’abaturage bakeneye ubwenegihugu

Mu ruzinduko Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Musabyimana Jean Claude yagiriye mu Ntara y’Amajyepfo, Guverineri w’iyi Ntara Kayitesi Alice yavuze ko bafite abaturage barenga ibihumbi 3 bamaze imyaka basaba ubwenegihugu.

Guverineri Kayitesi yavuze ko abasaba guhabwa ubwenegihugu ari abanyarwanda bashakanye n’abarundikazi, n’Abarundi bashakanye n’Abanyarwandakazi bakeneye kugira uburenganzira kimwe n’abandi baturage bose.

Yavuze ko abo baturage biganje mu Karere ka Gasagara, Nyanza na Nyaruguru.

Cyakora Kayitesi avuga ko hari izindi nzego bagejejeho iki kibazo, bakaba bategereje ko aba baturage bazahabwa igisubizo.

Ati “Mu mbogamizi dufite Nyakubahwa Minisitiri harimo n’abo baturage bakeneye ubwenegihugu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara Rutaburingoga Jerôme avuga ko abarenga 1000 bari i Gisagara bagorwa no kubona mituweli yo kwivuza kuko nta byangombwa bafite ababishinzwe bashingiraho  kugira ngo babahe ubwisungane.

Ati “Abenshi dufite ni abarundi bashatse bakaguma ku butaka bw’uRwanda tuzabafasha babone ubwenegihugu.”

Mayor Rutaburingoga yavuze ko hari inzira bigomba kunyuramo kugira ngo babone ubwenegihugu.

Ati “Twarangije kubabarura , igisigaye ni ugukomeza kuvugana n’inzego zibishinzwe.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Musabyimana Jean Claude avuga ko iki kibazo cy’abaturage batarahabwa ubwenegihugu aribwo akimenye.

Gusa yavuze ko agiye gukora ubuvugizi mu nzego zishinzwe abinjira n’abasohoka kugira ngo dosiye zabo zihute.

Ati “Tugiye kubikurikirana kugira ngo tumenye abakwiriye kuzibona n’abakeneye kubona ibyangombwa byo gutura hano mu Rwanda.”

Mu bindi bibazo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yasabye inzego zitandukanye zo muri iyi Ntara kwita no gukemura ibibazo by’abaturage, badategereje ko Perezida wa Repubulika ariwe ubikemura.

Bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze n’abo Umutekano
Abayobozi b’amadini n’amatoorero mu Ntara y’Amajyepfo

MUHIZI ELISÉE  / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?