BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Amajyepfo: Abarenga 3000 bamaze igihe basaba Ubwenegihugu 

Amajyepfo: Abarenga 3000 bamaze igihe basaba Ubwenegihugu 

admin
Last updated: November 26, 2022 9:07 am
admin
Share
SHARE
Bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Amajyepfo bamaze imyaka 28 bandikira inzego ko bashaka ubwenegihugu bw’Ubunyarwanda.

Minisitiri Musabyimana Jean Claude avuga ko agiye gukurikirana ikibazo cy’abaturage bakeneye ubwenegihugu

Mu ruzinduko Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Musabyimana Jean Claude yagiriye mu Ntara y’Amajyepfo, Guverineri w’iyi Ntara Kayitesi Alice yavuze ko bafite abaturage barenga ibihumbi 3 bamaze imyaka basaba ubwenegihugu.

Guverineri Kayitesi yavuze ko abasaba guhabwa ubwenegihugu ari abanyarwanda bashakanye n’abarundikazi, n’Abarundi bashakanye n’Abanyarwandakazi bakeneye kugira uburenganzira kimwe n’abandi baturage bose.

Yavuze ko abo baturage biganje mu Karere ka Gasagara, Nyanza na Nyaruguru.

Cyakora Kayitesi avuga ko hari izindi nzego bagejejeho iki kibazo, bakaba bategereje ko aba baturage bazahabwa igisubizo.

Ati “Mu mbogamizi dufite Nyakubahwa Minisitiri harimo n’abo baturage bakeneye ubwenegihugu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara Rutaburingoga Jerôme avuga ko abarenga 1000 bari i Gisagara bagorwa no kubona mituweli yo kwivuza kuko nta byangombwa bafite ababishinzwe bashingiraho  kugira ngo babahe ubwisungane.

Ati “Abenshi dufite ni abarundi bashatse bakaguma ku butaka bw’uRwanda tuzabafasha babone ubwenegihugu.”

Mayor Rutaburingoga yavuze ko hari inzira bigomba kunyuramo kugira ngo babone ubwenegihugu.

Ati “Twarangije kubabarura , igisigaye ni ugukomeza kuvugana n’inzego zibishinzwe.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Musabyimana Jean Claude avuga ko iki kibazo cy’abaturage batarahabwa ubwenegihugu aribwo akimenye.

Gusa yavuze ko agiye gukora ubuvugizi mu nzego zishinzwe abinjira n’abasohoka kugira ngo dosiye zabo zihute.

Ati “Tugiye kubikurikirana kugira ngo tumenye abakwiriye kuzibona n’abakeneye kubona ibyangombwa byo gutura hano mu Rwanda.”

Mu bindi bibazo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yasabye inzego zitandukanye zo muri iyi Ntara kwita no gukemura ibibazo by’abaturage, badategereje ko Perezida wa Repubulika ariwe ubikemura.

Bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze n’abo Umutekano
Abayobozi b’amadini n’amatoorero mu Ntara y’Amajyepfo

MUHIZI ELISÉE  / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?