BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, May 22, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > “Amahoro azazana n’amasezerano ya miliyari z’amadorari” – Amerika

“Amahoro azazana n’amasezerano ya miliyari z’amadorari” – Amerika

sam
Last updated: May 2, 2025 10:02 am
sam
Share
SHARE

Nyuma y’amasezerano y’amahoro azasinywa n’u Rwanda na RDC (Congo), ibihugu byombi bizanasinyana na Amerika andi y’ubukungu bugendanye n’ ishoramari ku mabuye y’agaciro.

Ni amasezerano Amerika ivuga ko azakurikirwa n’ishoramari “rya miliyari nyinshi z’amadolari” rikozwe n’ibigo by’ubucuruzi byayo n’iby’ibihugu by’inshuti.

Ibiro ntaramakuru Reuters bivuga ko Massad Boulos ku wa kane yabitangarije ati: “Ubwo tuzasinya amasezerano y’amahoro…amasezerano ku mabuye y’agaciro na DRC azasinywa uwo munsi, maze andi nk’ayo, ariko atandukanye mu ngano, asinywe n’u Rwanda kuri uwo munsi”.

Amerika na Qatar bimaze igihe mu muhate ukomeye wo kumvikanisha ibihugu byombi ngo bigere ku mahoro, nyuma y’intambara imaze igihe mu burasirazuba bwa Congo, agace gakungahaye ku mabuye y’agaciro ubu gafite imijyi ikomeye, Goma na Bukavu, igenzurwa n’inyeshyamba za M23.

Muri aya makimbirane, ingabo z’u Rwanda zishinjwa gufasha M23, ingabo za Congo na zo zigashinjwa gufasha inyeshyamba za FDLR zirwanya ubutegetsi bwa Kigali.

Congo n’u Rwanda bose bahakana ibyo.

Kuri uyu wa gatanu byitezwe ko abategetsi ba Congo n’u Rwanda baha Washington, buri bamwe ukwabo, inyandiko y’ibanze y’amasezerano y’amahoro, byitezwe ko ashobora gushyirwaho umukono mu gihe cy’amezi abiri, nk’uko Reuters ibivuga.

Massad Boulos yavuze ko hagati muri uku kwezi kwa Gicurasi umukuru w’ububanyi n’amahanga bwa Amerika Marco Rubio azahurira i Washington na bagenzi b’u Rwanda na Congo kugira ngo bemeranye ku nyandiko ya nyuma y’amasezerano y’amahoro.

Amasezerano y’ubucuruzi agena ko sosiyete zo muri Amerika zizashora imari muri RDC ndetse n’izindi zo mu bihugu by’inshuti za Amerika nazo ziri gushishikarizwa kubikora. Amerika ivuga ko hari sosiyete ziri mu biganiro byo kuba zashora nibura miliyari 1,5$ muri RDC.

Aya masezerano y’ubukungu ashingiye ku iyubakwa ry’urugomero rwa Ruzizi III, gutunganyiriza amabuye y’agaciro mu Rwanda, umuhanda wa Gari ya Moshi mu mushinga wa Lobito Corridor, U Rwanda mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro ku isoko mpuzamahanga.

Uruhande rwa Amerika muri aya masezerano y’ubucuruzi hagati yayo n’u Rwanda na RDC, ruzajya rurebererwa n’Ikigo mpuzamahanga cya Amerika gishinzwe iterambere n’imikoranire mu rwego rw’imari, DFC.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Uwahoze ari Perezida wa Amerika, Biden yasanzwemo kanseri ya prostate

1 Min Read
Amerika

Cardinal Robert Prevost yatorewe kuba Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi.

2 Min Read
Amerika

Amerika yasabye Sudan y’epfo gufungura Riek Machar

1 Min Read
Amerika

Uburusiya na Ukraine bemeranyije ku gahenge ko mu nyanja y’umukara

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?