BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Amagare: Musanze Gorilla Race yahumuye

Amagare: Musanze Gorilla Race yahumuye

admin
Last updated: December 15, 2022 9:30 am
admin
Share
SHARE

Irushanwa ry’amagare riri muri atatu asoza umwaka wa 2022 ryiswe ‘Musanze Gorilla Race’, ritegerejwemo abakinnyi bafite amazina manini muri uyu mukino mu Rwanda.

Abanya-Musanze bagiye kongera kubona igare

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo gusiganwa ku magare [Ferwacy], rikomeje gutegura amarushanwa atandukanye agamije gutegura no gukarishya abakinnyi b’uyu mukino.

Gorilla Race 2022, ni isiganwa ribanziriza irya nyuma muri atatu agomba gusoza uyu mwaka, riteganijwe ku wa Gatanu tariki 16 Ukuboza 2022, rikazakinirwa mu mihanda isaba gukoresha ubwenge na tekinini yo mu Akarere ka Musanze, cyane ko bamwe mu bakinnyi bazarikina ari ho bavuka.

Iri siganwa rigiye gukinwa ku nshuro ya mbere, nyuma y’uko hari hashize ukwezi hasinywe amasezerano y’imikoranire hagati y’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) n’Akarere ka Musanze, azatuma iri siganwa ribaho nibura kugeza mu myaka itatu iri imbere.

Biteganijwe ko iri siganwa rizakinwa n’abo mu makipe yo mu Rwanda arimo 11 asanzwe ari abanyamuryango ba Ferwacy, atatu ya UCI Continental n’andi yatumiwe, mu gihe kandi hari abakinnyi bazakina ku giti cyabo.

Amakipe y’abanyamuryango ba FERWACY ateganijwe ni; Benection Club, Fly Cycling, CCA, Kigali CC, Kayonza Young Stars, Karongi, Bugesera CT, Les Amis Sportif, Nyabihu Cycling, Muhazi Cycling Generation na Cine Elmay.

Amakipe ya UCI Continental ateganijwe ni; Benediction Ignite, May Stars na Pro Touch, mu gihe amakipe yatumiwe ari; Musanze Cycling Team, Twin Lakes Academy, Rukali Cycling Team na IMPEESA.

Abo mu cyiciro cy’abangavu bazasiganwa ahareshya n’ibilometero 73, bazakoresheje imihanda ya Bisate – Ku magare – Younde – Byangabo, bagarukire kuri Nyirantarengwa, berekeza kuri Kalisimbi – Route Pavee – Nyamagumba bagarukire i Nyakinama, nyuma bazenguruke ibice by’Umujyi wa Musanze, basoreze kuri Virunga Hotel.

Mu byiciro by’abagore n’ingimbi, bazasiganwa ahareshya n’ibilometero 87, aho bazanyura mu mihanda imwe n’iy’abo mu cyiciro cy’abangavu, bakarenzaho kuzemguruka kabiri (2Laps) Urugendo rwo kuva kuri Restaurant Touristique kugera kuri Snow Hotel.

Abakoresha amagare asanzwe bazakinira mu mihanda ya Virunga Hotel – Matheus – Snow Hotel – Energy Radio – Sonrise School – Fatima – Energy Radio – Isoko rya Carriere – Rwanda Revenue Authority – Virunga Hotel.

Gukomera kw’iri siganwa birashingira ahanini ku kuba imihanda rizakinirwamo irimo ibice bisaba imbaraga byo kuzamuka nko ku musozi wa Kabaya, Imihanda y’Ama-Pavee ahitwa kuri Kalisimbi ndetse n’ibice bitambika byinshi bizaba kugenzura neza isiganwa, byiyongera ku makorosi akomeye azwi mu Majyaruguru y’ u Rwanda.

Ahazakinirwa isiganwa hubatse ishuri ry’amagare rya Africa Rising Cycling, aho abakinnyi benshi baba barigeze gukorera imyitozo ndetse ni Musanze ni kamwe mu turere dukomokamo abakinnyi benshi b’amagare.

Uretse ibyo kandi, iri siganwa ryitezweho kugira uruhare mu mahitamo y’umutoza w’ikipe y’igihugu ku bakinnyi bazakoreshwa mu isiganwa rikomeye rya La Tropicale Amissa Bongo 2023 rizabera muri Gabon muri Mutarama 2023.

Umujyi wa Musanze usanzwe uzwiho kwakira amasiganwa y’amagare kenshi, kuko kuva Tour du Rwanda yashyirwa ku rwego mpuzamahanga mu 2009 ihanyura buri mwaka.

Muri Tour du Rwanda ya 2023 itaganijwe muri Gashyantare, Abanya-Musanze bazareba uduce dutatu twa Huye – Musanze, Musanze – Karongi na Rubavu – Gicumbi.

Abakina umukino wo gutwara igare bazaba bari i Musanze ejo
Abakobwa bazigaragaza muri iri siganwa
i Musanze haherukaga irushanwa rya Visit Musanze

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?