BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Amagare: I Kirehe bagiye kubona Gisaka Race

Amagare: I Kirehe bagiye kubona Gisaka Race

admin
Last updated: September 27, 2022 2:57 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’imyaka icyenda nta gare babona, abanya-Kirehe bagiye kumwenyura babona isiganwa ry’amagare ryiswe ‘Gisaka Race’ rizabera muri aka Karere mu ntangiriro z’Ukwakira 2022.

Bugesera Cycling Team iri mu zizitabira Gisaka Race

Guhera mu 2013 ubwo hacaga Tour du Rwanda, mu Akarere ka Kirehe nta rindi rushanwa ry’igare ryigeze rikinirwa muri aka Karere.

Gusa nyuma y’iyo myaka icyenda, abakunzi b’uyu mukino muri aka Karere bagiye kongera isiganwa ry’amagare rizaba kuwa Gatandatu tariki 1 Ukwakira 2022.

Ibi byemejwe n’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino w’amagare (Ferwacy), ko i Kirehe hazabera rimwe mu masiganwa agize Rwanda Cycling Cup 2022 ryahawe izina rya ‘Gisaka Race 1st Edition.’

Iri siganwa ryateguwe biciye mu bufatanye bwa Ferwacy n’Akarere ka Kirehe, rizakinirwa mu mihanda yo muri aka Karere, aho abakinnyi  n’abakunzi b’uyu mukino bazaba bari kwizihiza umunsi ngarukamwaka wo gukunda Igihugu, usanzwe uba tariki 1 Ukwakira, hazirikanwa umunsi Ingabo zahoze ari iza RPA zatangirijeho inzira y’urugamba rwo kubohora u Rwanda mu 1990.

Amakipe 18, asanzwe arimo 11 y’abanyamuryango ba Ferwacy yamaze kwemeza ko azitabira isiganwa, atatu yo mu cyiciro cya UCI Continentals ndetse n’andi ane yatumiwe. Harimo ibyiciro byombi [abagore n’abagabo] mu bakuze n’abatarengeje imyaka 18.

Amakipe azitabira nk’abanyamuryango arimo: Benection Club, Fly Cycling, CCA, Kigali CC, Kayonza Young Stars, Karongi, Bugesera CT, Les Amis Sportif, Nyabihu Cycling, Muhazi Cycling Generation na Cine Elmay, mu gihe aya UCI Continental ari Benediction Ignite, May Stars na ProTouch.

Ayatumiwe arimo: Musanze Cycling Team, Twin Lakes Academy, Rukali Cycling Team na Impeesa.

Abasiganwa bazagaragara mu mihanda ya Nyakarambi, Cyunuzi na Rusumo, aho abagize icyiciro cy’abagabo bazasiganwa ku ntera y’ibilometero 102,8 naho abo mu byiciro by’abagore n’ingimbi bo bakazanyonga igare ahareshya n’ibilometero 87,7.

Ubwo muri aka Karere haherukaga igare hari mu Ugushyingo 2013, ubwo hakinwaga agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2013, kahagurikiye i Nyabugogo kagasorezwa i Kirehe, kakegukwana na Thomson Jay Robert ukomoka muri Africa y’Epfo.

Muri shampiyona, agace gaheruka gukinwa kiswe ‘Kibugabuga Race 2nd Edition’ kakiniwe mu Akarere ka Bugesera, hatsinze Manizabayo Eric (Benediction Ignite) mu Cyiciro cy’abagabo, mu bagore hatsinda Tuyishime Jacqueline (Benediction Club), mu ngimbi hatsinda Tuyizere Hashim (Les Amis Sportif) mu ngimbi, mu gihe mu bangavu hatsinze Uwera Aline (Bugesera Cycling Team).

Abahungu bazaba barinyuka
Abakobwa nabo bazagaragara muri Gisaka Race

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?