BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > AMAFOTO: Kalimba Alice yishimiwe mu ikipe ye nshya

AMAFOTO: Kalimba Alice yishimiwe mu ikipe ye nshya

admin
Last updated: October 15, 2022 2:06 pm
admin
Share
SHARE

Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore [She-Amavubi] na Association Najah Souss Women Football Club yo mu Cyiciro cya Mbere mu gihugu cya Maroc, Kalimba Alice yatangiye akazi mu ikipe ye nshya.

Kalimba Alice yatangiye imyitozo mu ikipe ye nshya

Nyuma yo gusinya amasezerano y’imyaka ibiri, icyagombaga gukurikiraho ni ukujya gutangira akazi kuri Kalimba ukina hagati mu kibuga.

Akigera muri Maroc, yakiriwe neza nk’uko abyimeza mu kiganiro cyihariye yagiranye na UMUSEKE.

Ati “Banyakiriye neza cyane. Baranyishimiye pe nanjye numva biranyuze.”

Uyu mukinnyi yakomeje avuga ko ikipe ya Association Najah Souss Women Football Club, ibayeho kinyamwuga kuri buri kimwe, ifite stade yayo kandi ifite cyose cyafasha umukinnyi gukora akazi neza.

Ati “Ubuzima ikipe ibayemo ni bwiza. Ifite Stade yayo nziza, ifite ubuyobozi buyifasha buri kimwe, ifite imodoka idutwara mu myitozo ndetse no mu mikino ya shampiyona. Ituye mu Mujyi rwagati mbese, ni iy’abanya-Mujyi. Buri kimwe naragishimye nta kibazo.”

Muri iyi kipe abakinnyi ntabwo babana kuko abenshi ari abene-gihugu, ariko abandi b’abanyamahanga buri wese akibana.

Kuva Kalimba yahagera, ikipe yakinnye imikino itatu ya gicuti, itsindamo ibiri inganyamo undi umwe.

Uyu mukinnyi ngo yizeye kubona umwanya ubanzamo, cyane ko no mu mikino ya gicuti yabanjemo ndetse agakina iminota 90.

Ati “Yego rwose nzakina. Iyo mikino yose nabanjemo ndangiza iminota yose kandi baranshimye. Ndibaza nanjye niteguye gutangira shampiyona ndi muri 11 ba mbere nta kabuza kuko ndi muzima nta burwayi.”

Shampiyona y’icyiciro cya Mbere y’abagore muri Maroc, biteganyijwe ko izatangira ku Cyumweru tariki 16 Ukwakira.

Kalimba aheruka muri Scandinavia Women Football Club, yagiyemo avuye muri AS Kigali Women Football.

Undi mukinnyi w’Umunyarwanda wagombaga kujya gukina muri iyi kipe, ni umunyezamu Itangishaka Claudine ukiri mu Rwanda.

Alice mu mwambaro mushya

Alice yisanze neza mu kipe nshya

Association Najah Souss Women Football Club ibaho kinyamwuga

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?