BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jan 24, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Akarere ka Rusizi kiyemeje gushyira iherezo ku kibazo cy’abana bo ku muhanda

Akarere ka Rusizi kiyemeje gushyira iherezo ku kibazo cy’abana bo ku muhanda

admin
Last updated: July 24, 2022 10:08 am
admin
Share
SHARE

Mu Mujyi wa Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba hakomeje kugaragara urujya n’uruza rw’abana bato bazerera mu mihanda bagenda basabiriza, Ubuyobozi bw’Akarere bwemeza ko iki kibazo giteye inkeke ku buryo kigiye guhagurukirwa mu maguru mashya.

Ikibazo cy’abana bazerera ku mihanda mu Mujyi wa Kamembe cyahagurukiwe

Ubuyobozi bwemeza ko abenshi muri aba bana bazerera i Kamembe aho bagenda basabiriza bakomoka ku bagore bakora umwuga w’uburaya, abavuka mu miryango ikennye n’abandi binjira mu mihanda kubera amakimbirane mu miryango.

Ubusesenguzi bwakozwe muri aka Karere bugaragaza ko aba bana binjira mu mihanda nyuma y’uburere bucye no kutitabwaho n’imiryango yabo.

Dukuzumuremyi Anne Marie umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage avuga ko hakozwe ubusesenguzi bw’aho abo bana baturuka.

Ati “Twasanze abana bo mu muhanda abenshi ni ababyarwa n’abadamu bakora umwuga w’uburaya abo mu miryango babura ubushobozi bwo kubatunga abana bakabacika bakigira mu muhanda, abandi ni abaturuka mu miryango ikennye n’abaturuka mu miryango iri mu makimbirane.”

Visi Meya Dukuzumuremyi avuga ko nyuma yo gukora ubusesenguzi bakabona impamvu itera aba bana kuva mu miryango yabo bakajya mu muhanda hari cyo ubuyobozi bwasabye ababyeyi babo.

Ati” Twasanze ababyeyi tubakangurira guhinduka sosiyete ikabagirira icyizere bakaba bahabwa inkunga zihabwa abatishoboye nk’abandi.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko urugendo rwo kwegera aba babyeyi mu guhindura imyitwarire Akarere gafatanya n’abanyamadini n’amatorero n’abafatanyabikorwa ku buryo hashyizweho umukozi uhoraho usesengura ibibazo by’abana.

Ati “Turi mu biganiro byo guhinduka ikindi dufite umukozi uhoraho muri uyu mujyi ugenda asesengura ibibazo byabo bana, ababyeyi nabo twarabegeranyije tubabaza umushinga bashobora gukora.”

Abana batishoboye badafite ibikoresho by’ishuri barabihabwa bagasubira mu ishuri mu gihe abasabitswe n’ibiyobyabwenge bafashwa kugororwa mu bigo ngororamuco bitandukanye, iyo bavuyeyo barafasha abashaka gusubira mu ishuri bakajyanwayo abandi bakigishwa imyuga.

Ubuyobozi butangaza ko mu ngamba zafashwe muri Nzeli 2022 nta mwana uzaba akiri mu muhanda mu Karere ka Rusizi.

IVOMO: RBA

MUHIRE DONATIEN / UMUSEKE.RW i Rusizi

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?